Urubyiruko rwo mu mujyi wa Kayonza ruravuga ko mu mujyi wa Kayonza nta buryo buhagije bwo kwidagadura buhaboneka. Uru rubyiruko ruvuga ko nta nzu ishobora gutegurirwamo ibitaramo cyangwa ibindi birori byahuza urubyiruko muri rusange mu rwego rwo kuruhura mu mutwe.
Umwe mu bagize urubyiruko rwo muri uyu mujyi wa Kayonza, Claude Niyibizi, avuga ko umuntu ushaka kubyina adashobora kubona aho abyinira, Yagize ati “Nk’ubu nta night club urubyiniro rwa hano tugira, cyakora hari igihe biba nka rimwe mu mwaka ku bunani tukabona aho kubyinira”
Urubyiruko rw’I kayonza ruvuga ko ahanini iki kibazo gishobora kuba giterwa n’uko nta nzu y’imyidagaduro akarere ka Kayonza kagira, rugasaba ubuyobozi ko bwashyiramo ingufu kugira ngo urubyiruko rujye rubona aho ruhurira rwidagadure kandi rwungurane ibitekerezo.
Uru rubyiruko ruvuga ko abahanzi b’ibyamamare usanga badakunze kujya gususurutsa abatuye I Kayonza, ndetse ngo n’iyo baje usanga babura aho bakorera ibitaramo.
Abasore bagize groupe Urban Boyz baherutse kujya I Kayonza, na bo iki gihe bavuze ko babazwa no kuba bafite abakunzi benshi I Kayonza ariko bakaba batabasha kuhategurira ibitaramo kubera imbogamizi y’uko nta nzu ihari bateguriramo ibitaramo.
Umukozi w’akarere ufite urubyiruko mu nshingano ze, Murengezi Jean Baptiste, avuga ko urubyiruko rw’I Kayonza n’ubwo rutabasha kubona aho kubyinira rufite n’ubundi buryo rwidagaduramo. Yagize ati “Tujya dutegura amarushanwa y’umupira w’amaguru ku rwego rw’akarere agahuza urubyiruko rwacu rwose… ntekereza ko nabyo ari ukwidagadura”
Murengezi anavuga ko ubu akarere ka kayonza nta ngengo y’imari yihariye gafite yo gushyira mu myidagaduro, ibi ngo bikaba bishobora kuba imbogamizi ku rubyiruko rimwe na rimwe rukumva ko rutabona uburyo bwo kwidagadura uko bikwiye.





