News

January 17, 2012

Abahanzi ba Diaspora ntibashoboye kugenerwa ibihembo muri Salax Awards 2011 nk uko byari byaratangajwe.

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , , , ,

Abahanzi ba Diaspora ntibashoboyeMugihe byari byaratangajwe ko abahanzi ba Diaspora bazateganirizwa ibihembo muri Salax Awards 2011, Kurutonde rwasohotse ntibagaragayeho ibi bikaba byarateye impaka cyane, no kwerekana akababaro by’umwihariko kuri bamwe mu bahanzi ba Diaspora nyarwanda bakunze kwigaragaza.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa facebook rwa bamwe mu bahanzi ba diaspora, hari impaka z’urudaca no kugaragaza agahinda batewe no kuba bataragaragaye kurutonde rw’abahatanira Salax Awards 2011.

Ku rubuga rwa facebook rw’umwe mu bahanzi ba Diaspora Dada Cross uba Minneapolis Minesota, akaba ari umuhanzi uherutse gukora indirimbo yise Rider Man yagiweho impaka hibazwa niba yaba ari umukunzi wa Rider Man dore ko nawe muri iyo minsi yakoze indirimbo Facebook avugamo ko yakundanye n’umukobwa kuri facebook ibi bikarangira batangaje ko badakundana.

Uyu Dada Cross kurubuga rwe agaragaza amagambo y’agahinda kenshi. Dore ibyo yanditseho:

 Dada Cross

ese ko turirimba tukitanga tugaha abafans bacu murwanda injyana ntibabone ko we work hard why batabona ko natwe twandika bitugoye se? cg ko turara twicaye ngewe byambabaje sanaaaa iyi salax ntamuhanzi wo hanze urimo ni4 sana ahubwo bakore indi nama kuko hano turi benshi kandi twakoze cne such as lil p rick boss paf k me of coz jayels turi benshi pe gusa bashatse kutwereka ko ntacyo tuvuze se ko ibyo dukora arubusa se? ngewe sinanigwa nijambo ndabivuze this is not fair to us kabsa!!!!

Top of Form

 

Aha rero hagaragaye impaka z’abantu batandukanye bose batishimira kuba nta muhanzi wa Diaspora wagaragaye kurutonde kandi bemeza ko bakoze.

Mu kiganiro twagiranye na Mike Karangwa, umuyobozi w’Ikirezi Group ari nayo itegura Salax Awards yagize ati “Ntabwo twashoboye kubagenera igihembo nk’uko twari twabiteganyije kuko mu nama n’abanyamakuru banyuranye bakora kuri Muzika Nyarwanda no kubahanzi, twasanze ntabikorwa bihari byagaragariye abanyarwanda mu mwaka wa 2011 bakoze byatuma bahabwa Awards.” Ibi kandi birashimangira ibyavuye mu mpaka zabaye kumunsi w’ejo tariki ya 15 mutarama 2012 ubwo abanyamakuru bakora kuri Muzika nyarwanda barangajwe imbere na Ikirezi Group basanze nta kintu gikomeye abahanzi ba Diaspora baba barakoze muri uriya mwaka wa 2011 cyatuma bahabwa ibihembo.

 

 



About the Author

admin





 
 

 
Senderi Steals How In Rusizi

Senderi Steals Show In Rusizi

They went fully armed and firing on all cylinders to draw as much support as they could from their fans. Yes, the first road show of Primus Guma Guma Super Star finally kicked off in Rusizi, Western Province where all eleven co...
by admin
1

 
 
RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

Meddy has denied reports of any row between him and Magic FM radio presenter Tidjara Kabendera, after the latter publicly condemned him of being inept in music. Tidjara had taken to social website Facebook to accuse Meddy of be...
by admin
0

 
 
Deejay Adams sparks row over bribery claims at Primus Guma Guma Super Star

Deejay Adams sparks row over bribery claims at Primus Guma Guma Super Star

Deejay Adams has reignited the fire that was slowly dying over claims of bribery at Primus Guma Guma Super Star. The volatile deejay-radio presenter has always asserted that certain musicians use their financial might to squeez...
by admin
0

 

 
Producer Junior shifts to Unlimited Records

Producer Junior shifts to Unlimited Records

Producer Junior has confirmed the news that he has now shifted to Unlimited Records, having spent a considerable amount of time at The Super Level. The troubled music producer has, however, reiterated that he does not have a pe...
by admin
0

 
 
Pacson threatens to sue local website

Pacson threatens to sue local website

  Rapper Pacson has said he is weighing his options as to whether to sue a local celebrity website, which ran a story that he had been barred from ever stepping near the vicinity of Union Trade Centre complex in Kigali cit...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus