Lil G umwe mu bahanzi nyarwanda bamenyekanye bakiri bato akaba yaramaze imyaka itanu aririmba injyana ya Hip Hop kuri ubu yamaze gufata icyemezo cyo kwinjira mu njyana ya R&B.
Mu kiganiro gito twagiranye ku itariki ya 7/2/2012 ubwo twamubazaga niba koko icyemezo yafashe agikomeyeho kandi niba abona nta ngaruka ku bakunzi be, yadusubije agira ati :“Nabitekerejeho igihe gihagije, kandi ndumva abakunzi banjye batazanshikaho kuko no muri R&B nzerekana ubuhanga buhanitse. Ibi ndabyizeye kuko R&B ndayikunda cyane!”
Lil G yakomeje adutangariza ko indirimbo ye ya mbere yo muri R&B ubu iri muri studiyo aho arimo kuyikorera muri F2K aho asanzwe akorera ariko akaba azayitangaza ari uko amashusho y’indirimbo ye Aca Blague imaze kugera hanze.
Ku mpungenge twagize zijyanye n’ukuntu yaba agiye kureka burundu injyana ya Hip Hop, yatubwiye ko atazayireka burundu ariko ko agiye gushyira ingufu muri R&B.
Umuhanzi Lil G azwi cyane mu ndirimbo Nimba Umugabo, Akagendo, It’s ok, In da club, No return, Umunsi Mukuru, Aca Blague n’izindi.




