Uncategorized

December 19, 2011

Alpha agiye kuzana ibyamamare byo muri TPF

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , , ,

 

Umuhanzi nyarwanda, Alpha Rwirangira arimo gutegura igitaramo yise “Alpha Band with families”, kizaba tariki 25 n 31/12/2011 i Kigali, akaba yaragitumiyemo umukemurampaka (udge) wo mu irushanwa ryo kuririmba ryitwa Tusker Project Fame, Ian Mbugua, nubwo ngo atari amworoheye mu marushanwa aheruka Alpha yitabiriye.

Abarushanwa mu irushanwa rya Tusker Project Fame ntibashobora kwibagirwa Ian Mbugua kubera  ukuntu abagora n’ibibazo bye bishobora gutuma wikura mu irushanwa ku bwende bwawe. Abageze muri iri rushanwa ariko bavuga ko buriya icyo abantu batazi ari uko birangira buri wese witabiriye irushanwa yamukunze kuko ibyo bibazo bibafasha kuvamo abahanzi bahamye.

Abandi bagenzi ba Alpha bazaba bari muri icyo gitaramo ni ibyamamare mu karere cyane byamenyekanye muri Tusker Project Fame nka Patricia Kihoro wo muri Kenya na Peter Msechu wo muri Tanzania.

Alpha Rwirangira yatangaje ko yateguye iki gitaramo kugira ngo abashe guhuriza hamwe imiryango itandukanye, isabanire hamwe kandi inarusheho  kumenyana ari nako inahungukira izindi nshuti.

Alpha agira ati: “Ntegura iki gitaramo  nifuzaga ko abantu batazaza ngo banywe, barye, bishime gusa  cyane ko azaba ari no mu minsi mikuru, ahubwo ndashaka ko cyazaba kimwe mu bitaramo bizandika amatekahano iwacu, dore ko nifuza ko  cyaba ikintu kitarigera kiba hano  mu Rwanda bitewe n’imitegurire n’imigendekere yacyo.”

Alpha yakomeje avuga ko muri iki gitaramo hazaba harimo udushya dutandukanye nk’aho umuntu azajya yifotozanya n’umwe mu byamamare bizaba bihari, agahita atahana ifoto ye cyangwa agatahana umupira uriho iyo foto yabo.

Abategura icyo gitaramo ntibibagiwe  n’abana bato kuko bateguriwe imikino yo kwishimisha ndetse n’amarushanwa yabo yo kuririmba, kuva saa sita z’amanwa kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba nyuma  yaho abahanzi bagatangira kuririmba kugeza saa mbiri z’ijoro ari nabwo icyo gitaramo giteganijwe guhumuriza ho.

 

 



About the Author

admin





 
 

 
 

Ku cyifuzo cy’abakunzi be bo muri Tanzaniya na Kenya, Liliane Kabaganza ari gutegura alubumu mu rurimi rw’igiswahili

Ku cyifuzo cy’abakunzi be bo muri Tanzaniya na Kenya, umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana Liliane Kabaganza ari gutegura alubumu ye mu ndimi ebyiri arizo i Kinyarwanda n’igiswahili. Yahisemo gutegura alubumu mu ndimi...
by admin
0

 
 
KARONGI Abanyakorongi

Rwanda | KARONGI: Abanyakorongi biteguye ikirori cy’imbaturamugabo

Kuri uyu wa gatanu guhera 17h00 abanyakarongi baraba bari kumwe n’abahanzi mu gitaramo bise TUKABYINE: Abo bahanzi nk’uko bagaragara ku ifoto, barakorera igitaramo mu nzu mberabyombi y’Intara y’iBurengerazuba mu karere ...
by admin
0

 
 
Untitled

Rwanda : Riderman arataramira abakunzi be mu mpera z’iki cyumweru

Umuhanzi Riderman arataramira abakunzi be mu mpera z’iki cyumweru aho kuwa gatanu tariki 23.11.2012 azataramira kuri Micha’s Club kumuhima naho kucyumweru tariki 25.11.2012 akazataramira kuri Top Chef Nyabugogo. Nk’uko tu...
by admin
0

 

 
Rwanda Umuhanzi Ama-G

Rwanda | Biography: Umuhanzi Ama-G The Black

Umuhanzi Ama-G The Black amazina ye nyakuri yitwa Amani Hakizimana. Yavutse kuwa 4 Nyakanga 1990, avukira ahitwa mu Ruturusu, i Remera mu Mujyi wa Kigali. Ni mwene Aboul Karim Ngayabateranya na Saphina Bankundiye. Ni uwa 2 mu m...
by admin
0

 
 
GISAGARA NDAMUKUNZE

GISAGARA: NDAMUKUNZE LOUIS YIZEYE INGANZO YE MURI MUZIKA

Umuhanzi Ndamukunze Louis Ndamukunze Louis umuhanzi nyarwanda w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka mu karere ka Gisagara aratangaza ko ubu noneho yiteguye kunononsora umuziki we umaze igihe kirekire mu mpapuro kandi akaba yizeye n...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus