Artists

December 7, 2011

Alpha Rwirangira aritegura gushyira ahagaragara indirimbo ihimbaza Imana

More articles by »
Written by: admin
Nk’uko bigaragara ku rukuta rwe rw’igitabo cy’amasura (Facebook), Alpha Rwirangira kuva tariki ya 21 ugushyingo yanditse mu rurimi rw’icyongereza agira ati “Working on a gospel project…”. Mu Kinyarwanda ni nko kuvuga ngo “ndimo gukora indirimbo yo guhimbaza Imana”. 

Umuhanzi Alpha Rwirangira azwi nk’umuririmbyi wahesheje ishema u Rwanda ubwo yatsindaga irushanwa ryo kuririmba rya Tusker Project Fame mu mwaka wa 2009, akaba ari we munyarwanda wa mbere wari utsinze iryo rushanwa.

Yabaye kandi umwe muri batatu batsinze irushanwa rya Tusker Project Fame All Stars ryabaye mu kwezi kwa munani muri uyu mwaka. Kubera gustinda ayo marushanwa byatumye amenyekana cyane mu karere ka Afurika y’iburasirazuba nk’umuririmbyi ukomoye. Kuburyo muri PAM (Pearl of Africa Music) Awards, zitegurirwa muri Uganda, zo mu mwaka wa 2010 ndetse n’izabaye mu ntangiriro z’uku kwezi uyu mwaka, yegukanye igihembo cy’umurirmbyi w’umugabo witwaye neza mu Rwanda.

Rwirangira afite indirimbo zamenyekanye  ndetse ziranakundwa mu Rwanda, zirimo Come to me yafatanyije na Bebe Cool umuririmbyi wo mu gihugu cy’Ubugande, ndetse na Songa Mbele yafatanyije n’umuririmbyi wo muri Tanzaniya witwa AY n’izindi.

Gusa ariko siwe muririmbyi wenyine wo mu Rwanda uririmba indirimbo zisanzwe waba ugiye kuririmba indirimbo zihimbaza Imana. Hari n’abandi batandukanye barimo King James warirmbye indirimbo yakunzwe “ Mana Ikomeye”.

Norbert NIYIZURUGERO



About the Author

admin





 
 

 
04

Tidjara bites back

Magic FM radio presenter has reacted to the news that she insulted Rwandan musician Meddy with a clear-cut message that “some journalists should go back to school”. Tidjara was fielding in questions from the media when the ...
by admin
0

 
 
01

Bold predictions in Primus Guma Guma Super Star

Things can’t get interesting for the spectators and fans of music in general. From publicly campaigning for votes to promises made, all the eleven contestants in this year’s edition of Primus Guma Guma Super Star have stepp...
by admin
0

 
 
01

Kamichi ahamya ko Guma Guma ari ikintu gikomeye kuko iha abantu benshi akazi

Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi, arahamya ko amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ari ikintu gikomeye kuko aha abantu benshi akazi ndetse akanaha abahanzi amafranga menshi no kurushaho kume...
by admin
0

 

 
Four possible destinations for Muyoboke

Four possible destinations for Muyoboke

Alex Muyoboke’s services are highly sought by musicians around the country The news that Alex Muyoboke, one of the finest managers in music industry, parted ways with Urban Boyz crew has placed some of the greatest musicians ...
by admin
0

 
 
Ndashimira cyane Producer Nicolas Nic udahwema kumfasha muri muzika yanjye

‘‘Ndashimira cyane Producer Nicolas Nic udahwema kumfasha muri muzika yanjye’’

Umuhanzi Prince Nani usigaye akorera muzika ye muri Rafiki Records aho akorerwa na Producer Nicolas Nic nyuma yo gukorana n’abantu batandukanye, arashimira Producer Nicolas Nic uruhare agira mu iterambere rya muzika ye. Princ...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus