Artists

January 4, 2012

Gabiro wamenyekanye cyane muri Tusker Project Fame ntiyahagaritse ngo muzika ahubwo yari ahugiye mu gukina filime.

More articles by »
Written by: admin
Tags: , ,


Umuhanzi Gabiro Gilbert ni umwe mu bahanzi bamenyekanye muri Tusker Project Fame ariko bagaruka mu Rwanda ntibongera kuvugwa kuburyo umuntu yakwibaza impamvu yaba ibitera.

Gabiro nawe kimwe na bagenzi be nka Gaelle na Christian, twifuje kumenya impamvu yo kuba atigaragaza muri muzika atubwira ko yari ahugiye mu gukina film dore ko ngo nabyo abifitemo impano idasanzwe nk’uko yabigaragaje muri muzika.

Nyuma rero yo gukina filime THE POWER OF MESSAGE, Gabiro agarutse muri muzika kongera kwigaragariza abakunzi be.

Twamubajije impamvu Atari akigaragara atubwira ko yari ahugiye kuri iyo filime kuko nyuma yo kuyikina bagiye n’ahantu henshi hatandukanye kuyigaragazayo harimo muri Bangalore ndetse n’I Burundi akaba ariyo mpamvu atabonaga umwanya wa muzika. Nubwo bimeze bityo ariko afite indirimbo 3 amaze gukora  arizo Ryari?, Byakubera byiza yakozwe na Pastor P ndetse n’iyitwa Umuyobozi yakozwe na Lick lick.

Mubyo Atangariza abakunzi ni uko umwaka wa 2012 yiteguye kuzabashimisha kuburyo budasubirwaho abagezaho umuziki mwiza kandi mu njyana zitandukanye.

Mu kiganiro, twagiranye yashimiye Uncle Austin kubera uburyo amufasha anamugira inama nziza zitandukanye. Yanarangije yifuriza abanyarwanda bose muri rusange umwaka mwiza wa 2012 n’imigisha ya Rurema.


 



About the Author

admin





 
 

 
Ndashimira cyane Producer Nicolas Nic udahwema kumfasha muri muzika yanjye

‘‘Ndashimira cyane Producer Nicolas Nic udahwema kumfasha muri muzika yanjye’’

Umuhanzi Prince Nani usigaye akorera muzika ye muri Rafiki Records aho akorerwa na Producer Nicolas Nic nyuma yo gukorana n’abantu batandukanye, arashimira Producer Nicolas Nic uruhare agira mu iterambere rya muzika ye. Princ...
by admin
0

 
 
Urubyiruko mu itorero rya Nazarene rwateguye igitaramo bise “Ikibatsi Live Concert”

Urubyiruko mu itorero rya Nazarene rwateguye igitaramo bise “Ikibatsi Live Concert”

Iki gitaramo cyiswe “Ikibatsi Live Concert” cyateguwe n’urubyiruko rwibumbiye mu muryango Nayoumi (Nazarenne Youth Ministries) rwo mu itorero Nazarene I RUbavu. Iki gitaramo cyateguwe mu rwego rwo gushima Imana kizaba tar...
by admin
0

 
 
Uncle Austin arahakana amakuru amuvugwaho ko yavuze ko anenga amarushanwa ya muzika ya hano mu Rwanda

Uncle Austin arahakana amakuru amuvugwaho ko yavuze ko anenga amarushanwa ya muzika ya hano mu Rwanda

Umuhanzi Uncle Austin uzwi cyane mu njyana  ya Afrobeat arahakana amakuru amaze iminsi amuvugwaho ko yaba anenga amarushanwa yose ya muzika abera hano mu Rwanda. Ibi bibaye nyuma y’uko mu bitangazamakuru binyuranye hano mu R...
by admin
0

 

 
 

Jay Polly not nominated for PGGSS 3rd competition

As the Primus Guma Guma Super Star competition 3 [PGGSS] started with the 11 competitors selected, many of the Rwandan artists, who will not participate in the competition raised concerns for not being selected yet they have ne...
by admin
0

 
 
m_Bamwe mu banyamakuru nabo bemeza ko kuba Jay Polly ataragaragaye mu bahanzi 11 ba PGGSS 3 yarenganye

Bamwe mu banyamakuru nabo bemeza ko kuba Jay Polly ataragaragaye mu bahanzi 11 ba PGGSS 3 yarenganye

Ubwo hatangazwaga abahanzi 11 bazahatanira Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yayo ya gatatu umuhanzi Jay Polly ntagaragaremo, byakomeje kwibazwaho n’abantu banyuranye bakurikiranira hafi muzika Nyarwanda. Abafana ba Jay P...
by admin
0

 




One Comment


  1. justin

    Gabiro you are a great gentleman just tell me are you a christian?



Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus