Nyuma y’ibibazo binyuranye yagize muri uyu mwaka wa 2011 akananirwa gushyira ahagaragara alubumu ye ya mbere, umuhanzi Naason aritegura kuzamurikira abakunzi be n’Abanyarwanda muri rusange iyo alubumu mu ntangiriro z’umwaka utaha.
Mu kiganiro twagiranye kuri telefoni ku mugoroba wa tariki 20/12/2011, yadutangarije ko ibikorwa bye bigikomeza kandi ko afite ibikorwa byinshi harimo indirimbo ateganya gukorana na Jay Polly mu kwa mbere k’umwaka utaha ndetse no kumurika iyo alubumu kugeza ubu ariko akaba atarahitamo uko azayita.
Naaoon yadutangarije ko nyuma yo kuva muri studion Dream Record iri Kicukiro Ziniya na Line Up nayo iri Inyamirambo ubu asigaye akorera muri studio ya Bridge Record nayo iri i Nyamirambo.
Bridge Record ni studio ikunze kugaragaramo umu producer Junior nawe uzwiho gukorana n’aba star bakunzwe cyane hano mu Rwanda.
Umuhanzi Naason akaba n’umu producer (ukora indirimbo) muri uyu mwaka turangiza yagize ibibazo bitandukanye byatumye atabasha gushyira ahagaragara album ye.
Mu kwezi kwa Mata, Naason yafunzwe azira umukobwa Cadette wari umaze igihe iwabo baramubuze atagaragara, nyuma akaza gufatirwa kwa Naason. Naason kandi yanavuzweho ko yaba yarateye inda umukobwa, arongera agaragara mu mafoto asomana n’umukobwa ahantu hari habereye ikirori kandi uwo mukobwa akaba atari Sandrine wari umukunzi we.
Umuhanzi Naason azwi cyane mu ndirimbo ze yikorera muri studio nka Mfite amatsiko, Abisi, Inkuru ibabaje, Uburozi, Nyigisha, Niwowe unyuzuza n’izindi. Amashusho y’indirimbo ze ayakorerwa na na Fayzo.





