Urubyiruko ndetse n’abandi bakunda abahanzi nyarwanda bo mu karere ka Ngoma baravuga ko basa naho bibagiwe abahanzi kuko igihe kibaye kinini nta muhanzi ukomeye uje gukorera igitaramo I Ngoma.
Aba bakunzi b’ abahanzi nyarwanda bavuga ko ku bwabo uretse inzitizi z’amikoro baba bifuza ko buri week-end nibura bajya babona umuhanzi umwe akabakorera igitaramo maze bakidagadura dore ko ntanakabyiniro kahaba.
Aba bakunzi bavuga ko amatsiko yabishe kuko hari abahanzi benshi bakunda kandi bumva mu ndirimbo ariko bakaba batarababona n’amaso yababo bitewe nuko I Kibungo ntabahanzi bakunda kuhaza. Ngo hari n’abatega bakajya I Kigali kubareba mu bitaramo baba bagize.
Ubwo twaganiraga numujene umwe wo mu mugi wa Kibungo yavuze ko nubwo hari abajya I Kigali byaba byiza babisangiye iwabo bakabonwa nabenshi.
Yagize ati”Rwose ikirori ntawucyanga ahubwo twarababuze pe! Tubabona batoye nka Miss muri INATEK, naho ubundi baza hano gake. Nubwo ataza ariko tuba tubifuza bakaza nkuko bahora bajya za Butare.’
Nubwo ariko aba bavuga batyo hari n’urundi ruhande ruvuga ko bitoroshye ko aba bahanzi baza I kibungo kuko ntabantu benshi babona bajya mu bitaramo byabo kuko ngo abahari bakangukira kwitabira ibitaramo ari mbarwa.
Olivier we abona ko kuba ntanzu nimwe yo kwidagaduriramo (akabyiniro) irangwa muri aka karere nabyo byaca abahanzi intege bakagira icyizere gike cyo kuba bagaruza ayo baba bashoye mugukodesha amasare ndetse na amatike.
Ati ”None se ahantu haba ntanakabyiniro kaharangwa ukizera ute ko igitaramo bari bukitabire? Njye ntabwo narenganya abahanzi ahubwo nitwe tukiri inyuma mu myidagaduro”
Mu karere ka Ngoma, kugeza ubu nta nzu ikorerwamo ibikorwa byo kwidagadura mu muziki (akabyiniro) iharangwa. Hari abavuga ko byaba biterwa nuko abahatuye batabyitabira kuko bafatwa nk’ibirara cyangwa indaya. Abandi bakavuga ko no kubona amazu bikorerwamo ari ikibazo.




