Hashize igihe kinini kirenga umwaka ubwo umuhanzi Paccy na Lick Lick bagiranaga ibibazo bikomeye bitewe n’uko Paccy yavugaga ko umwana yabyaye ari uwa Lick Lick naho Lick Lick we akabihakana. Mugihe byari bimeze bityo, Lick Lick we yakundanaga n’undi mukobwa witwa Bella akaba ari nawe bivugwa ko indirimbo “Bella” ya Dream Boys yafatanyije na Kitoko yaba ariwe yahimbiwe amagambo atanzwe na Lick Lick. Kuri ubu rero Paccy na Lick Lick baratangaza ko bari mu rukundo.
Ku itariki ya 6/2/2012 ku isaha ya 11:39 ku isaha ya Texas muri Amerika, ku rukuta rwa facebook rwa Lick Lick Mbabazi yari yanditseho aya magambo: “kubabara no kwihangana biragora, mu rukundo nta kidashoboka ese aka kanya byose birarangiye? nahemutse ngukunda uhita ushaka undi wibagiwe vuba.”
Nyuma y’ayo magambo yavuzweho byinshi na benshi mu nshuti za Lick Lick Mbabazi, hanyuma tariki 7/2/2012 ahagana mu ma saa tatu za mugitondo (9am) ku isaha yo mu Rwanda, hagaragaye amagambo yanditswe ku rubuga rwa Paccy ndetse n’urwa Lick Lick ahamya nta kabuza ko basubiranye.
Ku rubuga rwa Paccy handitseho aya magambo: “Oda Paccy is in a relationship with Lick Lick Mbabazi” mu gihe kwa Lick Lick Mbabazi naho handitse aya magambo: “Lick Lick Mbabazi is in a relationship with Oda Paccy” ibi bikaba bisobanura ko Oda Paccy ari m’urukundo na Lick Lick Mbabazi ndetse no ku rukuta rwa facebook rwa Lick Lick bikaba uko. Ibi kandi iyo urebye igihe byandikiwe uhita ubona ko byanditswe ku isaha imwe.
Nyuma yo kubona aya makuru kuri facebook, twabajije Paccy uko byifashe adusubiza amwenyura agira ati: “Biriya se ntibihagije? Nta kindi narenzaho tu!”
Twabibutsa ko ibi bibaye nyuma y’igihe gito cyane Paccy asohoye indirimbo yise “Ndi uwawe” aho avugamo amagambo y’urukundo agaragaza ikimuri ku mutima aho agira ati: “Ntuzatinye ibyo ubona ndi uwawe, ntuzagire ubwoba mu buzima ndi uwawe.
Nyambika ya mpeta ihamya urukundo njye nawe twibereho ubuzima twarose. Reka imitima ituyobore, twime amaso abatuyobya, ba umwe rukumbi. Hari uko niyumva mu mutima ntabasha gusobanurira abakumbaza, icyo ntashidikanya ni uko njye nkukunda kandi uko meze nziko nawe ari ko wiyumva. Cyo tuza umutima ntutinye ndi uwawe n’ubwo ubuzima bwampinduka ndi uwawe, ubuzima ni bwiza njye nawe twembi nta mpamvu yo guhisha amiyumvo ubuzima ni buto.
Nta soni mfite zo kubihamya nta bwoba mfite bwo kubivuga n’ubwo benshi tutabanyura, njye nawe ntakizadutandukanya n’ubwo ubuzima bwaba bukomeye. Igira hino nkongorere uko ngukunda nkubwire uko ntekereza m’urugo rwacu twembi. Ntuzansiga, sinzagusiga tuzibanira. Ntuzagire ikibazo m’ubuzima ni wowe gusa ndi uwawe”.
Aya akaba ari amwe mu magambo agize iyo ndirimbo benshi bemeza ko yahimbiwe Lick Lick, ariko nabo bakaba babishyize ku mugaragaro bakerekana ibyiyumvo by’imitima yabo.






None se Ayo magambo umubabaro yabanje kwandika iyo usesenguye ubona ari urukundo rwinshi yari afitiye Passy? None se baba bimeze bite mumenye ko ayo magambo y umubabaro yayatewe n umukbwa we akunda, wari umwanze cg yamubabaje aki agahita ahindura agashyiraho ko ari in love with Passy ngo amwihimureho, none se urwo ni urukundo rwo kujya ku muntu kuko ugiranye ikibazo n undi++? iyo icyo kibazo gishize amusubiraho, cyane kwa ari we rukundo rw ubuzima bwe, Reka turebe ibirimbere bizatubwira.