News

January 17, 2012

Nyuma y umunsi umwe gusa urutonde rw abahatanira Salax Awards rushyizwe ahagaragara, impaka zikomeje kuba urudaca.

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , ,

Nyuma y umunsi umweK’umunsi w’ejo hashize tariki 15 mutarama,2012 muri Hill Top Hotel nibwo Ikirezi Group itegura Salax Awards hamwe n’abanyamakuru bakora  kubijyanye na Showbiz mu Rwanda by’umwihariko ku ndirimbo n’abahanzi babinyujije mu matora bashyize ahagaragara urutonde rw’abahatanira Salax Awards kubijyanye n’uko bakoze umwaka ushize wa 2011.

Nyamara n’ubwo uru rutonde rwashyizwe ahagaragara rwakozwe n’abanyamakuru bakurikiranira hafi ibya muzika n’abahanzi, ibi kandi bikaba byaravuye mu matora Atari yoroshye na gato dore ako abahanzi nyarwanda benshi bakoze cyane umwaka ushize aha kandi aba banyamakuru bakaba barasabwaga guhitamo abahanzi bane gusa kuri buri cyiciro, indirimbo enye gusa gutyo gutyo, abanyarwanda cyane cyane abakunzi ba muzika ntibabyumva kimwe.

Impaka z’urudaca zikaba zaratangiye nyuma gato cyane y’uko uru rutonde rushyizwe ahagaragara dore ko abenshi babikurikiranaga ku mbuga (websites) zitandukanye aho byanyuzwaga ako kanya (Live).

Ikigaragara ni uko buri muntu wese wasangaga abaza ati kuki kanaka atashyizwe kurutonde, ariko wareba neza ugasanga ari umufana we. Ibi byarakomeje kugeza ubwo kurubuga rwa facebook, inyarwanda.com n’izindi aho byari bimaze kugera benshi mubafana bavuze ko batakizera ibya Salax Awards.

N’ubwo ibi bibaye biragaragaza ko abanyarwanda bamaze gukangukira kwita kumuziki w’abanyarwanda ndetse kandi bakaba batangiye no kuwuha agaciro kuko iyo bitaba ibyo ntibari kugaragaza agahinda kabo.

Twizere ko uko iminsi igenda yigira imbere bazarushaho gusobanukirwa ndetse no kwemera ibyavuye mu matora y’abakurikiranira hafi muzika nyarwanda n’abahanzi, ndetse bakaba banashobora kumva ko bitoroshye na gato guhitamo abantu bane gusa bakoze neza mu bantu benshi cyane nabo baba barakoze neza.


 



About the Author

admin





 
 

 
Ndashimira cyane Producer Nicolas Nic udahwema kumfasha muri muzika yanjye

‘‘Ndashimira cyane Producer Nicolas Nic udahwema kumfasha muri muzika yanjye’’

Umuhanzi Prince Nani usigaye akorera muzika ye muri Rafiki Records aho akorerwa na Producer Nicolas Nic nyuma yo gukorana n’abantu batandukanye, arashimira Producer Nicolas Nic uruhare agira mu iterambere rya muzika ye. Princ...
by admin
0

 
 
Urubyiruko mu itorero rya Nazarene rwateguye igitaramo bise “Ikibatsi Live Concert”

Urubyiruko mu itorero rya Nazarene rwateguye igitaramo bise “Ikibatsi Live Concert”

Iki gitaramo cyiswe “Ikibatsi Live Concert” cyateguwe n’urubyiruko rwibumbiye mu muryango Nayoumi (Nazarenne Youth Ministries) rwo mu itorero Nazarene I RUbavu. Iki gitaramo cyateguwe mu rwego rwo gushima Imana kizaba tar...
by admin
0

 
 
Uncle Austin arahakana amakuru amuvugwaho ko yavuze ko anenga amarushanwa ya muzika ya hano mu Rwanda

Uncle Austin arahakana amakuru amuvugwaho ko yavuze ko anenga amarushanwa ya muzika ya hano mu Rwanda

Umuhanzi Uncle Austin uzwi cyane mu njyana  ya Afrobeat arahakana amakuru amaze iminsi amuvugwaho ko yaba anenga amarushanwa yose ya muzika abera hano mu Rwanda. Ibi bibaye nyuma y’uko mu bitangazamakuru binyuranye hano mu R...
by admin
0

 

 
m_Bamwe mu banyamakuru nabo bemeza ko kuba Jay Polly ataragaragaye mu bahanzi 11 ba PGGSS 3 yarenganye

Bamwe mu banyamakuru nabo bemeza ko kuba Jay Polly ataragaragaye mu bahanzi 11 ba PGGSS 3 yarenganye

Ubwo hatangazwaga abahanzi 11 bazahatanira Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yayo ya gatatu umuhanzi Jay Polly ntagaragaremo, byakomeje kwibazwaho n’abantu banyuranye bakurikiranira hafi muzika Nyarwanda. Abafana ba Jay P...
by admin
0

 
 
m_SENDERI SURE OF SCOOPING PGGSS

SENDERI SURE OF SCOOPING PGGSS

Senderi International Hits has come out to claim he will for sure claim the top spot of Primus Guma Guma Super Star, come July when the final winner will be announced. The afro beat singer expressed his confidence in the public...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus