Abasore babiri b’abaririmbyi bo muri Nigeria, Peter na Paul, bagize itsinda P Square batangaza ko “album’ ya mbere y’indirimbo zabo bayishyize ahagaragara iri kuri kaseti ya radio gusa (Cassette) kubera ko muri icyo gihe ikoranabuhanga rya CD ryari ritaragera muri aho bari batuye.
Muri iki gihe nta baririmbyi bagishyira indirimbo zabo kuri “Cassette” kuko haje ikoranabuhanga rya CD. P Square ivuga ko n’ubwo bamaze kugera ku rwego rw’abaririmbyi mpuzamahanga ngo bahuye n’ingorane bagitangira kuririmba.
Album ya mbere ya P Square yitwa “Last Nite” bayishyize ahagaragara mu mwaka wa 2003. Bakomeza bavuga ko aribo ubwabo bayimenyekanishije bajya kuyigurisha mu masoko ndetse no mu maduka atandukanye. Akenshi ngo bakoresha igare kugira ngo bagere aho bagiye kuyigurisha.
Aba baririmbyi bakomeza bavuga ko muri icyo gihe mu mujyi wa Jos (Nigeria) babagamo habaga radio imwe gusa. Ngo abayobozi b’iyo radio ntibemeraga gucuranga indirimbo zabo nk’uko P Square ibisobanura.
P Square ikomeza ivuga ko kubera ibyo bibazo byose bahuraga nabyo, byatumye kumenyekanisha iyo album yabo bigorana kuburyo ngo iyo habaga ibitaramo, batatumiwe mo, bingingaga ababiteguye kugira ngo babahe umwanya wo kuririmba mo zimwe mu ndirimbo zabo.
Bongera ho ko buhoro buhoro abantu batangiye kubakunda kubera uburyo baririmbaga kandi bakanabyina.
P Square ivuga ko ibijyanye no kuririmba yabyinjiye mo nyuma. Ngo yatangiye ibya muzika ibyina gusa. Aho babyinaga indirimbo z’abaririmbyi bakomeye bo muri Amerika barimo Michael Jackson.
Ubwo binjiraga mu bijyanye no kuririmba bahise bashyira ahagaragara indirimbo yabo ya mbere yitwa “Signorita”.
P Square y’ubu yamenyekanye mu Afurika ndetse no hirya no hino ku isi. Kuburyo isigaye ikorana indirimbo n’abahanzi bakomeye bo muri Amerika. Zimwe mu ndirimbo zatumye P Square imenyekana harimo harimo “Do me”, “I like It”, “Forever, “Beautiful Onyinye” bafatanyije na n’umuraperi wo muri Amerika Rick Ross, n’izindi.
Tariki ya 14/12/2012 P-Square baje mu Rwanda mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 y’umuryango wa FPR-Inkotanyi, cyabereye kuri sitade Amahoro ni Kigali.





