Umuhanzi Joris Peace
Umuhanzi Joris Peace uzwi ku izina rya Peace, yatangiye umuziki mu mwaka 2007. Ni umusore w’imyaka 21 kuko yavutse ku itariki 1/10/1991. Peace amaze kugira indirimbo esheshatu arizo Mpamagara, nakoze iki, iherezo, mbwira, nguhisemo.
Izo ndirimbo zose zikaba zarakozwe na Nicolas Nic akiri muri Bridge uretse Mbwira yakozwe na T-Brown kuri maison des Jeunes ku Kimisagara.
Yatangaje ikintu cya mbere akunda mubyo kurya ko ari imyumbati. Yagize ati “Kuri njye imyumbati niyo iza ku mwanya wa mbere mu bintu byose nkunda!hagakurikiraho ifiriti”.
Naho mubyo kunywa, ngo yikundira fanta Citron ikonje. Mu buzima busanzwe kandi ngo yikundira amahoro nk’uko izina rye ribisonura.
Peace n’ubwo yikundira cyane imyumbati, Muzika nayo ayikunda cyane. Agira ati “Umuziki wanjye watumye abantu benshi bamenya ariko kubyo kwiteza imbere ntacyo wari wangezaho. Gusa ndawukunda cyane”.
Kuri ubu afite gahunda ndende yo gukorana ingufu. Ku ndirimbo yise Nduwawe, yahishuye impamvu yahisemo kuyita Nduwawe. Yagize ati “Abantu benshi bakunda kugira inshuti ugasanga barabihisha, rimwe na rimwe undi muntu utazi iby’ubwo bucuti bwabo akaba yamukunda ugasanga abantu baramureba nabi kandi aribo banze kubigaragaza. Kurundi ruhande hariho n’abantu bakundana ugasanga umwe afite isoni cyangwa se ipfunwe ryo kugaragaza ko akunda kanaka. Aha muri iyi ndirimbo njye nasabaga umukobwa ngo nagaragaze ukuri ko ndi uwe”.
Aha akaba avuga ko bitigeze bimubaho, yagize ati “ ntabwo ari true story ni inspiration yaje gutya, akenshi nkora indirimbo zitari true story”.
Umuhanzi Peace akaba afite kandi gahunda yo gukorana na Nicolas Nic bagakora alubumu, ibi akabifatanya no gushaka gukora amashusho y’indirimbo (clips) ze yamaze gusohora.
Atangaza ko kugeza ubu nta mujyanama (manager) afite ariko ko byinshi abifashwamo na Nicolas Nic ari nawe producer we.
Umuhanzi Peace, yarangirije amashuri yisumbuye mu kigo cya Don Bosco i Kabarondo mu Ntara y’i Burasirazuba aho yigaga mu ishami rya HEG.





