News

April 19, 2012

Rwanda : Amwe mumateka yumuhanzi Edsha

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , , ,


Umuhanzi Ishimwe Edmond uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Edsha, ni umuhanzi w’umunyarwanda wavutse  tariki 28/11/1991, avukira Kampala muri karitsiye (quartier) yitwa Makindi mu gihugu cya Uganda.

Amwe mumateka

Edsha ni mwene  Mufurahiwa Emmanuel na Kanzana Gloriose. Ise yitabye Imana akaba abana na mama we gusa n’abavandimwe be. Ni umwana wa karindwi mu bana 8. Abakobwa 4 n’abahungu 4. Atuye Kicukiro mu mugi wa Kigali.

Amashuri abanza yayigiye mu kigo cy’amashuri cya Don Bosco Kabarondo mu Ntara y’Iburasirazuba, ikiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun) akigira muri Eto Kicukiro amashuri yisumbuye ayarangiriza mu kigo cya Mutagatifu Patrick (Saint Patrick) Kicukiro aho yigaga isomo rya HEG (History, Economic and Geography) ugenekereje bijyanye n’amateka, ubukungu n’imiterere y’isi akaba yararangije amashuli yisumbuye mu mwaka wa 2010.

Amwe mumateka 1

Edsha akora injyana ya Hip hop kuri we yita ‘‘Hip Hop Ngurutsi’’ akaba yaratangiye ubuhanzi mu mwaka wa 2007 n’ubwo yari ataratangira kubukora by’umwuga.

Ubu nibwo afite gahunda yo gushyiramo ingufu mu buhanzi bwe kugira ngo arusheho gushimisha abakunzi ba muzika akora ndetse n’abakunzi ba muzika nyarwanda muri rusange. Kugeza ubu afite indirimbo eshanu gusa kuko nk’uko yabidutangarije ngo yasohoraga indirimbo imwe gusa buri mwaka.

Mu ndirimbo ze izamenyekanye cyane ni iyitwa lubanga igira iti: “amaguru yaranyunyutse ibirenge byaravuvutse ngo urimo gutara amakuru ngo urimo kugenzwa n’urugambo na rubanga…”.

Indi yitwa mu mashuri ikaba ari indirimbo yakunzwe by’umwihariko n’abanyeshuri bo mumashuri yisumbuye. N’indi ndirimbo ya Edsha yitwa ibingota yakoranye na Bull Dogg.

Zimwe muri gahunda afite kuri ubu, arateganya gukora amashusho y’indirimbo Ibingota yakoranye na Bull Dogg ndetse bimukundiye akanakurikizaho n’izindi.

Uyu muhanzi arimo gukorana na Fazzo muri Unlimited Records ku bijyanye no gukora indirimbo. Mu magambo ye yagize ati: “Ubu gahunda mfite ni nyinshi. Nk’ubu nta video ngira ubu ndimo kwitegura gushyira hanze iyo ndikumwe na Bull Dogg yitwa Ibingota, ndashaka no gukora iyitwa mu mashuri Imana nimfasha nzakora n’iriya yitwa Lubanga. Ubu audio zo ndimo kuzikorera kwa Fazzo muri Unlimited kuko yemeye kuzajya amfasha bityo impano yanjye ntiodindire”.

Yatanze ubutumwa ku bakunzi be agira ati: “icyo nababwira ni uko ndimo gushyiramo imbaraga ngo mbahe ibintu byinshi kandi byiza. Nabasaba ko bakomeza bakantera ingabo mu bitugu kandi ndabakunda cyane.”

Mu buzima busanzwe Edsha watubwiyeko nta mukunzi agira, ngo yikundira kuba ari kumwe n’inshuti ze no kuziririmbira. Yagize ati: “Nkunda kuba ndi kumwe ninshuti zanjye, ikinshimisha kurusha ibindi nkunda kumva music no gutanga freestyle cyangwa acapella ariko bitari aho ariho hose. Ku bijyanye n’urukundo byo wapi ntamukunzi ngira. Nabuze umukobwa unkunda atambeshya kandi unyitaho bintera kubyihorera ibya copinage, abaza bose baba baje kuntendeka so nkabananira nkabaganiriza bisanzwe!”.

Umuhanzi Edsha kubera uburanga afite abantu bakunze kwibeshya ko yaba akomoka mu gihugu cya Ethiopia. Twamubajije niba koko mu by’ukuri yaba adakomoka muri Ethiopia cyangwa se umwe mu babyeyi be akaba ari ho akomoka aduhakanira agira ati: “wapi wangu! Bamwe bavuga ngo nsa n’abo muri Ethiopia abandi ngo nsa n’abo muri somalie ariko ndi umunyarwanda wuzuye gusa barabipinga ariko ndi umunyarwanda pe”.

 

 

 

 




About the Author

admin





 
 

 
Senderi Steals How In Rusizi

Senderi Steals Show In Rusizi

They went fully armed and firing on all cylinders to draw as much support as they could from their fans. Yes, the first road show of Primus Guma Guma Super Star finally kicked off in Rusizi, Western Province where all eleven co...
by admin
1

 
 
RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

Meddy has denied reports of any row between him and Magic FM radio presenter Tidjara Kabendera, after the latter publicly condemned him of being inept in music. Tidjara had taken to social website Facebook to accuse Meddy of be...
by admin
0

 
 
Deejay Adams sparks row over bribery claims at Primus Guma Guma Super Star

Deejay Adams sparks row over bribery claims at Primus Guma Guma Super Star

Deejay Adams has reignited the fire that was slowly dying over claims of bribery at Primus Guma Guma Super Star. The volatile deejay-radio presenter has always asserted that certain musicians use their financial might to squeez...
by admin
0

 

 
KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

Icyuma gitanga ubukonje mu nzu cyamaze gushyirwa hejuru y’aho iyo boite izakorera Mu minsi mike mu mujyi wa Kibuye haraza kuba huzuye inzu y’urubyiniro (boite de nuit cyangwa dancing club) mu ndimi z’amahanga. Iyo boite i...
by admin
0

 
 
Producer Junior shifts to Unlimited Records

Producer Junior shifts to Unlimited Records

Producer Junior has confirmed the news that he has now shifted to Unlimited Records, having spent a considerable amount of time at The Super Level. The troubled music producer has, however, reiterated that he does not have a pe...
by admin
0

 




One Comment


  1. ines kamaliza

    that gud idea! komerezaho imana izabigufashemo impano yawe izagere kure kdi indirimbo zawe zizakundwe!!!!!



Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus