Artists

March 14, 2012

Rwanda | Biography: Umuhanzi Peace

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , ,

Umuhanzi Peace

Joris Peace uzwi ku izina rya Peace, yatangiye umuziki muri 2007. Ni umusore w’imyaka 20 akaba azuzuza imyaka 21 mu kwezi kwa 10 k’uyu mwaka kuko yavutse ku itariki 1.10.1991. Peace amaze kugira indirimbo esheshatu arizo Mpamagara, nakoze iki, iherezo, mbwira, nguhisemo. Zose zikaba zarakozwe na Nicolas Nic akiri muri Bridge uretse Mbwira yakozwe na T-Brown kuri maison des jeunes.
Ubwo twaganiraga tumusanze muri Narrow Road tariki 9.3.2012 arimo akorera indirimbo kwa Nicolas Nic, yatubwiye ko ikintu cya mbere akunda mubyo kurya ari imyumbati. Yagize ati : « Kuri njye imyumbati niyo iza kumwanya wa mbere mu bintu byose nkunda!hagakurikiraho ifiriti. » Naho mubyo kunywa, ngo yikundira fanta Citron ikonje. Mubuzima busanzwe kandi ngo yikundira amahoro.
Peace n’ubwo yikundira cyane imyumbati, Muzika nayo ayikunda cyane. Twamubajije kugeza ubu ikintu muzika yaba yaramumariye, adusubiza agira ati : « Umuziki wanjye watumye abantu benshi bamenya ariko kubyo kwiteza imbere ntacyo wari wangezaho. Gusa ndawukunda cyane!”
Kuri ubu afite gahunda ndende yo gukorana ingufu. Uwo munsi twasanze yari yaje gukora indirimbo ye nshya yise Nduwawe, yaduhishuriye impamvu yahisemo kuyita Nduwawe. Yagize ati : « Abantu benshi bakunda kugira inshuti ugasanga barabihisha, rimwe na rimwe undi muntu utazi iby’ubwo bucuti bwabo akaba yamukunda ugasanga abantu baramureba nabi kandi aribo banze kubigaragaza. Kurundi ruhande hariho n’abantu bakundana ugasanga umwe afite isoni cyangwa se ipfunwe ryo kugaragaza ko akunda kanaka. Aha muri iyi ndirimbo njye nasabaga umukobwa ngo nagaragaze ukuri ko ndi uwe. »
Twifuje kumenya niba ibyo aririmba muri iyi ndirimbo ari ibyamubayeho we n’incuti ye (True story) atubwira ko atari ibyamubayeho. Yagize ati : « Ntabwo ari true story ni inspiration yaje gutya, akenshi nkora indirimbo zitari true story. »
afite kandi gahunda yo gukorana na Nicolas Nic bagakora alubumu, ibi akabifatanya no gushaka gukora amashusho y’indirimbo (clips) ze yamaze gusohora. Yadutangarije ko ibyumweru bibiri bitazashira atarakora amashusho y’indirimbo nibura imwe aho ateganya gukorana na Arnold film. Ikindi ngo uko azahera kuri iyi ndirimbo ye nshyashya “Nduwawe” akazabona gukurikizaho izindi.
Yanadutangarije ko kugeza ubu nta mujyanama (manager) afite ariko ko byinshi abifashwamo na Nicolas Nic ari nawe producer we.
Umuhanzi Peace, yarangirije amashuri yisumbuye mu kigo cya Don Bosco i Kabarondo mu Ntara y’i Burasirazuba aho yigaga mu ishami rya HEG.



About the Author

admin





 
 

 
KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

Icyuma gitanga ubukonje mu nzu cyamaze gushyirwa hejuru y’aho iyo boite izakorera Mu minsi mike mu mujyi wa Kibuye haraza kuba huzuye inzu y’urubyiniro (boite de nuit cyangwa dancing club) mu ndimi z’amahanga. Iyo boite i...
by admin
0

 
 
Umuhanzikazi Lily ubarizwa muri Canada ngo akumbuye igitoki cy’I Rwanda

Umuhanzikazi Lily ubarizwa muri Canada ngo akumbuye igitoki cy’I Rwanda

Umutesi Liliane uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lily akaba ari umuhanzikazi mu ndirimbo zihimbaza Imana ngo ikintu cya mbere akumbuye mu Rwanda ni igitoki. Lily kuri ubu arabarizwa I Montreal mu gihugu cya Canada akaba aheruka ...
by admin
0

 
 
Zimwe mu mbogamizi abahanzi bakizamuka bahura nazo

Zimwe mu mbogamizi abahanzi bakizamuka bahura nazo

Abahanzi bagitangira kwinjira mu muziki bahura n’imbogamizi zinyuranye kuburyo usanga hari abahanzi bamenyekana bamaze imyaka irenga ibiri bakora umuziki ariko batari bazwi. Hakaba n’abandi bagera aho bakabivamo kubera ko b...
by admin
0

 

 
m_SENDERI SURE OF SCOOPING PGGSS

SENDERI SURE OF SCOOPING PGGSS

Senderi International Hits has come out to claim he will for sure claim the top spot of Primus Guma Guma Super Star, come July when the final winner will be announced. The afro beat singer expressed his confidence in the public...
by admin
0

 
 
Commemoration songs prove to heal hearts of survivors

Ruhango: Commemoration songs prove to heal hearts of survivors

Innocent Rwibutso and Samson Mahoro, Ruhango artists that sing commemoration songs Some residents of Ruhango district have said that commemoration help in healing the hearts of many Rwandese in times of commemorating the genoci...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus