English

May 25, 2012

Rwanda : Comedy Knight igeze kure imyiteguro y igitaramo mubushorishori bwa Kigali City Tower

More articles by »
Written by: admin
Tags: , ,

Comedy Knight igeze kure imyiteguro

Comedy Knight ni itsinda ry’urubyiruko rukina imikino isekeje (Comedy) ribarizwa hano muri Kigali, rikaba kandi ari itsinda rizagaragara mugitaramo na Kitoko kuri tariki ya 25.5.2012 kikazabera  mubushorishori bw’inyubako ya Kigali City Tower  kikaba ari igitaramo cyateguwe na radio KFM ifatanyije na Tigo Muzika.

Iki gitaramo ni igikorwa ngarukakwezi ni ukuvuga ngo kizajya kiba buri kwezi mu rwego rwo kugeza kubakunzi ba muzika umuziki w’umwimerere (Live) bikaba ari ibitaramo byiswe Unplugged. Kizaba kirimo umuhanzi Kitoko, Dream Boys na Bruce Melody bazafatanya na Comedy Knight kubashimisha.

tariki ya 23.5.2012 ubwo twanyarukiraga ku Ishyo Art ari naho twasanze itsinda Comedy Knight riri kwitoreza, mu kiganiro twagiranye na Sengazi Michael umwe mubakuriye iri tsinda banaritoza,  yadutangarije ko imyitozo bayigeze kure kandi ko biteguye gushimisha abazaba bahari bose. Yakomeje avuga ko abifuza kuryoherwa no guseka bazaza kuri uwo munsi.

Sengazi yagize ati: “twebwe turi Comedy Knight, turi kwitoreza ama shows dufite kuwa kane, kuwa gatanu no kuwa gatandatu. Tariki 24 tuzaba turi kuri Selena, ariko tariki 25 tuzakinira Kigali City Tower tuzaba turi kumwe na Kitoko, it’s called Comedy Knight Unplugged eh urumva abantu niba bashaka guseka no kuryoherwa hamwe na Kitoko bashobora kuza kabisa.”

Sengazi yakomeje atubwira ko hashize imyaka 2 itsinda ryabo Comedy Knight ritangiye gukora. Ni itsinda rifite abantu b’inzego nyinshi harimo abahanzi bazi kuririmba, abakina ikinamico, abacuranga, n’abandi bafite impano zitandukanye bose baje bahurira muri iri tsinda ryo gusetsa abantu no kubashimisha. Yakomeje atubwira kandi ko itsinda Comedy Knight rigizwe n’abanyarwanda, abarundi, abakuriye I Bugande, abakuriye muri Kenya bakaba barishyize hamwe bagakora Comedy Knight nk’uko twakomeje tubibwirwa na Sengazi.

Comedy Knight kandi si muri Kigali City Tower gusa izakinira kuko ubusanzwe basanzwe bakina buri wa mbere (bakaba bakinira kuri Ishyo Art cyangwa se byanaba ngombwa bagahindura. Iyo bahinduye barabimenyesha, bakaba babakangurira kuzitabira iki gitaramo kizabera kuri Kigali City Tower hamwe na Kitoko ndetse n’indi minsi mukaba mwajya mubasanga ku Ishyo Art n’ahandi.

Iki gitaramo tariki ya 25.5.2012 kizatangira ku isaha ya saa moya z’umugoroba (7pm, 19h00) kugeza saa yine za nijoro (10pm, 22h00). Kwinjira ni amafaranga y’u Rwanda 5000 ariko kubakiriya ba Tigo Cash n’abakunzi ba KFM kuri baji yayo yo kuri Facebook bakaba bagabanyirijwe aho bo bazinjirira kuri 4500.

Amatike mwayasanga munyubako ya Kigali City Tower aho KFM ikorera.

 

 


 

 



About the Author

admin





 
 

 
01

Kamichi ahamya ko Guma Guma ari ikintu gikomeye kuko iha abantu benshi akazi

Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi, arahamya ko amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ari ikintu gikomeye kuko aha abantu benshi akazi ndetse akanaha abahanzi amafranga menshi no kurushaho kume...
by admin
0

 
 
KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

Icyuma gitanga ubukonje mu nzu cyamaze gushyirwa hejuru y’aho iyo boite izakorera Mu minsi mike mu mujyi wa Kibuye haraza kuba huzuye inzu y’urubyiniro (boite de nuit cyangwa dancing club) mu ndimi z’amahanga. Iyo boite i...
by admin
0

 
 
Umuhanzikazi Lily ubarizwa muri Canada ngo akumbuye igitoki cy’I Rwanda

Umuhanzikazi Lily ubarizwa muri Canada ngo akumbuye igitoki cy’I Rwanda

Umutesi Liliane uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lily akaba ari umuhanzikazi mu ndirimbo zihimbaza Imana ngo ikintu cya mbere akumbuye mu Rwanda ni igitoki. Lily kuri ubu arabarizwa I Montreal mu gihugu cya Canada akaba aheruka ...
by admin
0

 

 
Zimwe mu mbogamizi abahanzi bakizamuka bahura nazo

Zimwe mu mbogamizi abahanzi bakizamuka bahura nazo

Abahanzi bagitangira kwinjira mu muziki bahura n’imbogamizi zinyuranye kuburyo usanga hari abahanzi bamenyekana bamaze imyaka irenga ibiri bakora umuziki ariko batari bazwi. Hakaba n’abandi bagera aho bakabivamo kubera ko b...
by admin
0

 
 
JAY POLLY JETS BACK IN THE COUNTRY

JAY POLLY JETS BACK IN THE COUNTRY

Rapper Jay Polly has landed in the country after a one-week trip to Dubai. Polly flew to UAE in the first week of April, where he had gone to purchase state of the art equipment meant to start up his own music studio. It has al...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus