Abahanzi bo mu karere ka Gatsibo bashimira studio y’umuziki Love and Hope kubegera kugira ngo izamure umuziki wabo nyuma igihe kitari gito Babura aho batunganyiriza indirimbo no kugira ngo zimenyekane.
Studio Love and Hope yatangiye gukorera Kabarore mu karere ka Gatsibo kuva mu kwezi kwa Mata 2012 ikaba igiye gufasha abahanzi gukora indirimbo kuko benshi bacyenera gukoresha indirmbo bajyaga Nyagatare muri Studio MSLO ya Kayitare Wayitare nayo yafunze imiryango.
Nk’uko utunganya imiziki muri iyi studio producer Dr Pazzo abitangaza ngo inshingano bihaye ni ugutanganya umuziki bitaye kuzamura abahanzi bakiri hasi kuko abahanzi bakuru bacyeneye abazabasimbura kandi bazi umuziki.
Producer Dr Pazzo avuga ko nubwo mu karere ka Gatsibo gafatwa nk’icyaro ndetse n’ibintu by’umuziki no kumenyekanisha abahanzi bikaba bitahabarizwa ngo bo bafite ikizere ko bazafasha abahanzi kuzamuka cyane ko basanze hari abahanzi benshi bari baraheze mu gihirahiro nko kubura aho bakoresha umuziki aho bawukinira hamwe naho bitoreza kuririmba.
Mu gihe cy’ukwezi n’igice iyi studio imaze Kabarore imaze kwakira abahanzi 15 hamwe n’amakorale 8 kandi bose bafite gahunda yo gukoresha bakishimira ibyo baorerwa nubwo igikoremeje kubagora ari ukobona ababakinira ibihangano.
Producer Dr Pazzo akaba aje gukorera muri Studio Love and Hope nyuma yo kwigira umuziki mu ishuri ry’umuziki ESOM ryo muri Uganda ndetse akimenyereza gukora umuziki mubihugu bitandukanye nka Uganda muri And1, Kenya aho yakoreye Kisumu, Goma ndetse no mu Rwanda nko mu mujyi wa Muhanga hamwe na Nyagatare, inshingano yihaye akaba ari ugufasha abakunzi b’umuziki mu karere ka Gatsibo kuzamuka cyane ko byari bisanzwe bibagora.






