News

May 30, 2012

Rwanda : Itsinda KGB yasohoye indirimbo yitwa Bibi

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , , ,

Itsinda KGB ryari rimze igihe kinini ritigaragaza muri muzika, ariko ubu noneho ngo ryagarutse rikaba ryasohoye indirimbo yitwa “Bibi”. Iyi ndirimbo yakozwe na Mastola ikaba yarageze hanze ijoro ryo ku itariki ya 27.5.2012 nk’uko twabitangarijwe na Henry umwe mu basore bagize iri tsinda.

Itsinda KGB yasohoye indirimbo yitwa “Bibi”

Henry mu magambo ye yagize ati: “ Indirimbo Bibi iri tayari rwose iraba igeze hanze vuba bishoboka cyangwa ishobora no kurara ihageze”.

Yakomeje adutangariza ko iyi ndirimbo yabo iri muri zimwe mu ndirimbo zizagaragara kuri alubumu yabo barimo gutegura. Twifuje kumenya igitekerezo nyamukuru kiri muri iyi ndirimbo, Henry akidutangariza agira ati: “Indirimbo Bibi ivuga ko umukobwa uko yaba ameze kose bitakubuza kwibanira nawe. chorus ivuga ngo niyo bakwita bibi (umukecuru) bakakwita nyiranzage njye nzakujyana, njye nzakujyana abababara bababare… twabaye inspire na DJ B”

Yadutangarije kandi ko Dj B ari we wabahaye iki gitekerezo cy’iyi ndirimbo.

Henry yakomeje atubwira ko banafite gahunda yo kuyikorera amashusho vuba aha ariko ko atari yamenya umunsi n’uwo bazakorana, bikaba bishoboka ko ibi byose bazabimenya muri iyi weekend iza.

Henry kandi niwe uherutse gukorana indirimbo ya Doddy ikaba ari indirimbo yitwa Kure y’amaso ikaba ari indirimbo Doddy yahimbiye umukunzi we ubarizwa muri Afurika y’epfo.


 



About the Author

admin





 
 

 
04

Tidjara bites back

Magic FM radio presenter has reacted to the news that she insulted Rwandan musician Meddy with a clear-cut message that “some journalists should go back to school”. Tidjara was fielding in questions from the media when the ...
by admin
0

 
 
01

Kamichi ahamya ko Guma Guma ari ikintu gikomeye kuko iha abantu benshi akazi

Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi, arahamya ko amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ari ikintu gikomeye kuko aha abantu benshi akazi ndetse akanaha abahanzi amafranga menshi no kurushaho kume...
by admin
0

 
 
KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

Icyuma gitanga ubukonje mu nzu cyamaze gushyirwa hejuru y’aho iyo boite izakorera Mu minsi mike mu mujyi wa Kibuye haraza kuba huzuye inzu y’urubyiniro (boite de nuit cyangwa dancing club) mu ndimi z’amahanga. Iyo boite i...
by admin
0

 

 
Umuhanzikazi Lily ubarizwa muri Canada ngo akumbuye igitoki cy’I Rwanda

Umuhanzikazi Lily ubarizwa muri Canada ngo akumbuye igitoki cy’I Rwanda

Umutesi Liliane uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lily akaba ari umuhanzikazi mu ndirimbo zihimbaza Imana ngo ikintu cya mbere akumbuye mu Rwanda ni igitoki. Lily kuri ubu arabarizwa I Montreal mu gihugu cya Canada akaba aheruka ...
by admin
0

 
 
Zimwe mu mbogamizi abahanzi bakizamuka bahura nazo

Zimwe mu mbogamizi abahanzi bakizamuka bahura nazo

Abahanzi bagitangira kwinjira mu muziki bahura n’imbogamizi zinyuranye kuburyo usanga hari abahanzi bamenyekana bamaze imyaka irenga ibiri bakora umuziki ariko batari bazwi. Hakaba n’abandi bagera aho bakabivamo kubera ko b...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus