Artists

December 25, 2012

Rwanda : Karangwa Lionel nka Lil G, ni umuhanzi watinyuye abakiri bato

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , ,

Karangwa Lionel nka Lil G,
Lil G ni umuraperi ukiri muto kandi uzwiho kuba yaratinyuye abana biyumvamo impano, ko bashobora kuyikoresha batitaye kumyaka bafite dore ko we yatangiye uyu mwuga afite imyaka 12.

Ibi kandi byatumye ababyeyi benshi bafungukira kuba bareka abana babo bagakora ibyo impano zabo zibasaba mu gihe bayibabonyemo.

Umuhanzi wo mu njyana ya Hip hop ubusanzwe yitwa Karangwa Lionel yavutse taliki ya 20/12/1994, avukira ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali. Avuka ari uwa kane mu muryango w’abana barindwi kandi yishimira ko ababyeyi bombi n’abo bavukana bose bakiriho.

Agira ati “ natangiye muzika mu mwaka wa 2006, ariko nza kumenyekana muri 2007 ubwo Radio Contact FM yateguraga amarushanwa yari yise “Freestyle competition” nyabamo uwa mbere”.
Lil G avuga ko ibyo byatumye abantu benshi batangira gushaka uko bakorana nawe kuko yagaragaragamo impano ishobora kugira aho imugeza, nibwo umuntu utunganya indirimbo (producer) wari ukomeye cyane muri icyo gihe witwa Jay P yaje kumwegera bemeranywa amasezerano y’uko bazajya bakorana ariko ntibavugana igihe iyo mikoranire izarangirira, Lil G

Ati  “ naje gutungurwa n’uko Jay P yaje kubihagarika.”
Lil G n’ubwo akiri muto hari ibigwi amaze kugeraho nko guhamagarwa inshuro enye muri Salax Awards akanegukanamo ebyiri, yemeza ko no kuba yararirimbiye k’urukiniro (stage) rumwe na Navyo na Good Life (Radio and Weasel) bo mu gihugu cya Uganda bakomeye muri Afrika nabyo ari ibigwi ndtetse no kuba hari ibihugu umuzika we umaze kugeramo byo hanze cyane cyane ibyo muri East Afrika.

Ateganya kwagura muzika ye ikagera ku rwego rw’isi,ngo nabigeraho inzozi ze zizaba zibaye impamo.
Akunda kurya inyama no kunywa fanta orange ikonje, mu mibereho ye, yababaye cyane ubwo yabonaga ikiraka cyo gukorera indirimbo PSI muri gahunda yabo yitwaga” witegereza”, ajya kwa producer we Jay P barayikora agiye kuyibashyikiriza irabura muri mudasobwa yo muri studio bari bakoreyemo.

Ati “mba mpombye ntyo, si ukubabara gusa ariko kuko nashimishijwe cyane no kumenyekana kwanjye kuko zari inzozi zanjye kuva nkiri muto”.

Yatangiriye amashuri y’inshuke kuri La Colombier, amashuri abanza ayigira kuri St Joseph ya Kicukiro, ayisumbuye igice cya mbere (Tronc commun) imyaka ibiri yayize ku kigo cya APE Rugunga umwaka wa Gatatu awigira kuri Katikam secondary school mu gihugu cya Uganda, umwaka wa kane ku Igihozo st Peter mu Karere ka Nyanza, ariko nyuma aza kugaruka kuri APE Rugunga.

Akunda kwiyubaha kandi akoroshya ubuzima kuburyo ntagipfa kumurakaza yewe ngo niyo waba umushotoye arakwihorera.



About the Author

admin





 
 

 
Awards will recognize local rappers

Awards will recognize local rappers – Jay Polly

Rapper Jay Polly has defended his new invented hip hop awards as the ones which will bring a revolution in Rwandan hip hop genre. Speaking to The New Times, the rebel rapper said that his move is purely intended to reward the h...
by admin
0

 
 
 

A great mentor in Producer Nicolas-Artist Nani

Rwandan artist Prince Nani appreciated help given to him in his music career by Producer Nicolas Nic which has helped him develop a lot in the music industry. This artist who takes his recordings to Rafiki Records said that Pro...
by admin
0

 
 
04

Tidjara bites back

Magic FM radio presenter has reacted to the news that she insulted Rwandan musician Meddy with a clear-cut message that “some journalists should go back to school”. Tidjara was fielding in questions from the media when the ...
by admin
0

 

 
01

Kamichi ahamya ko Guma Guma ari ikintu gikomeye kuko iha abantu benshi akazi

Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi, arahamya ko amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ari ikintu gikomeye kuko aha abantu benshi akazi ndetse akanaha abahanzi amafranga menshi no kurushaho kume...
by admin
0

 
 
KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

Icyuma gitanga ubukonje mu nzu cyamaze gushyirwa hejuru y’aho iyo boite izakorera Mu minsi mike mu mujyi wa Kibuye haraza kuba huzuye inzu y’urubyiniro (boite de nuit cyangwa dancing club) mu ndimi z’amahanga. Iyo boite i...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus