Artists

June 2, 2012

Rwanda : Kimwe mubikomeza kumutera ingufu zo gukora ni uko arushaho gukundwa nabatumva ururimi aririmbamo.

More articles by »
Written by: admin
Tags: , ,

Kimwe mubikomeza kumutera ingufu zo gukora ni uko arushaho gukundwa n’abatumva

Umuhire Museveni Elysée uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Marshall Ely-G, ngo kimwe mubirushaho kumutera ingufu zo gukora ni uko arushaho gukundwa n’abantu batumva ururimi aririmbamo.

Mukiganiro twagiranye n’uyu muhanzi tariki 30.5.2012, yagize ati : ‘‘Ikigumya kunshimisha ni uko ndikubona abafana benshi batumva ururimi ndirimbamo bikantungura. Ni nacyo cyanteye ingufu binyereka ko muzika ari international’’.

Marshall Ely-G ubusanzwe ubarizwa mu Rwanda na Kampala ariko akaba aho akunze kuba cyane ari Kampala mu gihugu cya Uganda, ni umusore w’umunyarwanda w’imyaka 26 akaba akora injyana nyinshi zitandukanye nk’uko yabidutangarije agira ati : ‘‘Nkora injyana nyinshi zitandukanye, nkora Hip Hop, Reggae, Raggaton, Alternative kandi nkaba maze kwinjira cyane muri Hip Hop kuburyo mbona ko umuziki ntashobora kuwureka. Mugutangira sinigeze ncika intege ariko ubu aho umuziki wanjye ugeze biranshimisha cyane kuko aho ngeze mbikesha abavandimwe banjye batasibye kumfasha.’’

Ely-G ni umuhanzi umaze igihe muri muzika dore ko yayitangiye mu mwaka wa 2008. Icyo gihe ni nabwo yashyize hanze indirimbo ye ya mbere yise ‘Nta gihe cyo guta’ ariko akaba yaratangiye kwandika umuziki akiri umwana muto yiga mumashuri yisumbuye ubwo yari afite imyaka 14 y’amavuko akaba yaratewe imbaraga na bagenzi be biganaga mu rwunge rw’amashuri rwa Butare (Groupe Scolaire Officiel de Butare).

Ely-G yagize ati : ‘‘Nakundaga gukora song zanjye nifashishije beat (instrumental) z’abahanzi bo muri Amerika aho nakoraga n’umuhanzi mugenzi wanjye twiganaga ariwe G-Mack ubu nawe arimo kuririmba muri ino minsi. Ndibuka indirimbo twakoze bwa mbere twayise Come on yari iri muri English n’ikinyarwanda.’’

Ely-G yakomeje atubwira ko mubamufashije harimo cyane cyane umugabo ukomoka mu gihugu cya Tanzania witwa Sinare Ally akaba atunganya umuziki (Producer) bahuriye Uganda ubwo Ely-G yabagayo muri 2011 akaba ari nabwo yakoreyeyo indirimbo ye yitwa ‘Street Life’. Muri uko gukora iyo ndirimbo, Producer Ally yahise abona ko Ely-G afite impano bituma ahita amuha amasezerano yo gukorana nawe akaba yumva kuri ubu umuziki we uhagaze neza.

Marshall Ely-G kuri ubu arimo gutegura gusubiramo indirimbo ze hafi ya zose zizaboneka kumuzingo w’indirimbo ze (Mixtape) uzaba witwa World Vs The Truth. Marshall ari gusubiramo indirimbo ye yindi yise Black Money akaba ari kuyikorana n’umuraperi w’umunyamerika nk’uko we ubwe yabidutangarije.

Yagize ati: “Mfite gahunda yo gukora remix y’indirimbo zanjye zose ariko ubu izo nahereyeho ni Street Life na Black Money ndi gukorana n’umu raperi w’umunyamerika witwa Mac Black n’ubu mbabwira iya Black Money muri iki cyumweru iraba igeze hanze kandi hari n’indi song nshya turi gukora yitwa Why are u running away hakazaba hariho kuri iyo Mixtape indi remix ya Ndashaka kubaho Reggae Version.” Ngo hari n’izindi ndirimbo ari gutegurira kwa Producer Aimable wo muri Cool Vibes.

Ely-G yashoje ikiganiro twagiranye asaba abafana be gukomeza kumutera ingabo mubitugu. Yagize ati: ‘‘Ndasaba abakunzi banjye ko bagumya kuntera ingabo mubitugu kuko ntaho nari nagera.’’


 

 

 



About the Author

admin





 
 

 
KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

Icyuma gitanga ubukonje mu nzu cyamaze gushyirwa hejuru y’aho iyo boite izakorera Mu minsi mike mu mujyi wa Kibuye haraza kuba huzuye inzu y’urubyiniro (boite de nuit cyangwa dancing club) mu ndimi z’amahanga. Iyo boite i...
by admin
0

 
 
Umuhanzikazi Lily ubarizwa muri Canada ngo akumbuye igitoki cy’I Rwanda

Umuhanzikazi Lily ubarizwa muri Canada ngo akumbuye igitoki cy’I Rwanda

Umutesi Liliane uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lily akaba ari umuhanzikazi mu ndirimbo zihimbaza Imana ngo ikintu cya mbere akumbuye mu Rwanda ni igitoki. Lily kuri ubu arabarizwa I Montreal mu gihugu cya Canada akaba aheruka ...
by admin
0

 
 
Zimwe mu mbogamizi abahanzi bakizamuka bahura nazo

Zimwe mu mbogamizi abahanzi bakizamuka bahura nazo

Abahanzi bagitangira kwinjira mu muziki bahura n’imbogamizi zinyuranye kuburyo usanga hari abahanzi bamenyekana bamaze imyaka irenga ibiri bakora umuziki ariko batari bazwi. Hakaba n’abandi bagera aho bakabivamo kubera ko b...
by admin
0

 

 
m_SENDERI SURE OF SCOOPING PGGSS

SENDERI SURE OF SCOOPING PGGSS

Senderi International Hits has come out to claim he will for sure claim the top spot of Primus Guma Guma Super Star, come July when the final winner will be announced. The afro beat singer expressed his confidence in the public...
by admin
0

 
 
Commemoration songs prove to heal hearts of survivors

Ruhango: Commemoration songs prove to heal hearts of survivors

Innocent Rwibutso and Samson Mahoro, Ruhango artists that sing commemoration songs Some residents of Ruhango district have said that commemoration help in healing the hearts of many Rwandese in times of commemorating the genoci...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus