Ikorari yitwa “Louange” (Louange Choir) y’abanyeshuri b’abapantekositi (ADEPR) biga mu ishuri rikuru Nderabarezi riri i Remera ya Kigali (KIE) igiye gushyira hanze alubumu yabo ya kabiri kuri iki cyumweru tariki 6.5.2012.
Amakuru atangazwa na Levis Byabeza umwe mu bayobozi bayo avuga ko Louange Choir yavutse ahagana mu mwaka w’2001 igizwe n’abantu 8 ubu ariko ikaba ifite abaririmbyi bagera ku 135 bose biga mu ishuri rya KIE.
Nyuma ya alubumu yabo ya mbere ‘‘Inkoramutima’’yakozwe muri 2007, baritegura gushyira ahagaragara alubumu yabo ya kabiri yitwa ‘‘Arakumva’’. Iyi alubumu yabo izaba iriho amajwi n’amashusho (audio-visuel).
Igitaramo cyo kumurika iyi alubumu kizabera muri KIE kuri iki cyumweru tariki ya 6.5.2012 guhera saa munani z’amanywa (14h,2pm) aho kizaba kitabiriwe na Chorale Amahoro nayo yo muri ADEPR. Hazaba kandi hari n’aandi bahanzi bazwi mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel songs) nka Dominic Nic na Cpt Kabera Simon.
Kwinjira muri iki gitaramo kizakorwa mu buryo bw’umwimerere (Live) ku bahanzi bose bazaririmba, bizaba ari ubuntu.






