Umuhanzi Kitoko arataramira abakunzi be mu mpera z’iki cyumweru muri Quelque Part, Zuga Nuty Club na Top Chef Nyabugogo.
Nk’uko tubitangarizwa na Mister One usanzwe ategura ibi bitaramo, Kitoko afatanyije na bagenzi be bazataramira muri Quelque Part kuri uyu wa gatanu tariki 15.12.2012, kuwa gatandatu tariki 16.12.2012 bagataramira kuri Zuga Nuty Club Kimisagara naho ku cyumweru tariki 17.12.2012 bagataramira Top Chef Nyabugogo.
Bamwe mubahanzi bazaba bari kumwe na Kitoko harimo Kayitare Wayitare Dembe utagikunda kwiyereka cyane abakunzi be, TMS, Pedro n’abandi.
Muri ibi bitaramo kandi hazaba hari n’abashyushyarugamba n’aba Dj banyuranye kandi basetsa nk’uko twakomeje tubitangarizwa na Mister One.
Hazaba kandi hari n’ikimansuro. Isaha yo kwinjira muri ibi bitaramo ni isaha ya saa moya za nijoro naho amafranga akaba ari 2000 muri Quelque Part no kuri Zuga Nuty Club naho kuri Top Chef ho bikaba ari amafranga y’u Rwanda 1500.
Abifuza kw’ifotozanya no kuganira na Kitoko ndetse n’abandi bahanzi bazaba bahari ngo namwe muratumiwe kuko muzajya muhabwa umwanya uhagije wo kuba muri kumwe.







