umuhanzi Gatsinzi Victor Fidele wamenyekanye cyane ubwo yaririmbaga mu itsinda rya The Brothers hamwe na bagenzi be Ziggy55 na Danny Vumbi kuri ubu yahinduye amazina y’ubuhanzi akaba asigaye yitwa Koudou.
Impamvu nyamukuru yo guhindura amazina ye nk’uko yabidutangarije, ngo ni uko ashaka kugaruka mumuziki agarukanye ibintu bishya gusa.
Yagize ati: “ndashaka kugaruka muri muzika ndi umuntu mushya muri byose. Izina rishya, injyana nshya,…mbese sinshaka ko abantu bazajya bumva indirimbo zanjye ngo bavuge ngo ni iya Vicky wo muri The Brothers…”
Twamubajije niba guhindura izina bitazajya bimugora kubona izina akoresha mugihe agiye kuririmbana na bagenzi be bo muri The Brothers dore ko batangaje ko hari igihe bazajya bagaragara bari kumwe.
Yadusubije agira ati: “…ibya The Brothers mwabibaza abandi barimo kuko njyewe ntabwo nzi neza gahunda za The Brothers ariko izina ni ririya kandi natangiye umuziki wanjye…”
Twakomeje tumubaza niba itsinda ryabo ryaba rikiri kumwe dore ko buri wese arimo kugenda arushaho kwigaragaza ukwe, adusubiza ko gahunda za The Brothers atazizi.
Umuhanzi Koudou yadutangarije ko kuri ubu arimo gutegura alubumu ye bwite ya mbere yise “My land” akaba kandi yaradutangarije ko iyi alubumu izaba iriho indirimbo ziri mundimi zinyuranye zikoreshwa hano mu Rwanda harimo igifaransa, ikinyarwanda n’icyongereza.
Twifuje kumenya impamvu yaba yaramuteye gukora mu ndimi zinyuranye adusubiza ko abona aribyo byiza bituma ibihangano bigera ku bantu benshi banyuranye kandi umuhanzi bikamufasha kugera ku rwego mpuzamahanga.
Umuhanzi Victor Fidele yinjiye mu muziki bundi bushya ku izina rya Koudou akaba anakora injyana ye nshya ya “World Music”. Iyi njyana ni injyana ivanzemo injyana zitandukanye nk’uko Koudou yabidutangarije.




