
Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G wari usanzwe aririmba munjyana ya Hip Hop,nyuma y’uko atangarije ko agiye no kuririmba munjyana ya RNB, indirimbo ye yambere yakoze muri iyo njyana ya RNB yageze hanze ariko ikigaragara ni uko iyi ndirimbo ye ari nziza cyane kandi n’amafoto yayo akaba afashe neza cyane.
Iyi ndirimbo ya Lil G nk’uko yakomeje abidutangariza ni indirimbo yahimbye yifashishije amagambo ari mu Ijambo ry’Umukuru w’igihugu cyacu Nyakubahwa Paul KAGAME aho yabwiraga abanyarwanda ko agaciro umuntu ariwe ukiha.
Mu kiganiro twagiranye ku itariki ya 6.5.2012 nyuma y’uko tumaze kubona amashusho y’iyi ndirimbo ye “Agaciro”, Lil G yatubwiye ko afite ubutumwa bwihariye kubanyarwanda. Yagize ati: “Nshaka ko abanyarwanda bayumva ntibirangirire ahongaho, ndifuza ko bayumva igire icyo ibasigira.”
Nk’uko Lil G yabidutangarije ubwo yari agitangira gukora iyi ndirimbo, ngo akimara kumva iri Jambo ry’Umukuru w’igihugu cyacu aho akangurira abanyarwanda kwiha agaciro, yahise yumva igitekerezo cyo gukora indirimbo akoresheje iri Jambo uko ryakabaye kuko yumvaga by’umwihariko abantu bakunda umuziki bagomba kujya bahora bumva, baririmba kandi bikanaborohera gufata mumutwe iri jambo kuko
ririmo ubutumwa butagereranywa.
yakomeje avuga ko n’ubwo iyi ndirimbo ye yageze hanze abafana be n’abantu benshi muri rusange bakaba bayikunze cyane, benshi mu bafana be bo bari kumubwira ko rwose bifuza ko yazaguma kuririmba mu njyana ya Hip Hop ngo kuko ariyo bamuzimo ngo ninayo nziza inamubereye. Kuri ibyo kugeza ubu ntarafata icyemezo niba agomba kureka kuririmba RNB burundu.
Lil G kandi afite indi ndirimbo yise “Umuntu” ari gukorera nayo kwa Davydenko ari nawe wakoze iyi ndirimbo ye Agaciro,amashusho agakorerwa muri Unlimited Studio hamwe na Fayzo. Indirimbo Umuntu ikaba izasohoka nko mubyumweru bibiri nk’uko twabitangarijwe na Lil G.



