News

July 27, 2012

Rwanda : Nyuma y ingendo nyinshi, Kitoko Bibarwa ubu ari mukaruhuko

Nyuma y’ingendo nyinshi, Kitoko

Umuhanzi Kitoko Bibarwa uherutse kujya mu ngendo nyinshi zitandukanye yagiye agirira hirya no hino ajya kuririmba, kuri ubu ari mukaruhuko.

Kitoko Bibarwa nk’uko yabidutangarije mukiganiro twagiranye kumugoroba wo ku itariki 24.7.2012 ahagana mumasaha ya saa mbiri za nijoro, yagize ati: “ubu nsa nk’uri mukaruhuko kuko nta bintu byinshi mfite muri iyi minsi.”

Uyu muhanzi waranzwe n’ingendo nyinshi cyane hanze y’u Rwanda muri uyu mwaka, yadutangarije ko kuri ubu asa n’ufite akaruhuko ndetse akaba yumva nta hantu ateganya kwerekeza vuba aha.

Kitoko uririmba injyana ya Afrobeat atumirwa mubitaramo byinshi kuko ni umuhanzi nyarwanda umaze kubaka izina hirya no hino haba mu Rwanda, muri Afurika ndetse no mubihugu byateye imbere. Aho ibitaramo byinshi cyangwa se ikindi gikorwa gihuje abanyarwanda hanze y’u Rwanda bagakenera abahanzi nyarwanda, umuhanzi wambere utumirwa ni Kitoko Bibarwa.

Bamwe mubanyarwanda baba hanze y’u Rwanda twaganiriye, batubwira ko Kitoko ariwe muhanzi nyarwanda bakunda cyane. Umunyarwanda uba muri Canada utarashatse ko izina rye rijya ahagaragara yagize ati: “Kitoko hano turamwemera bya hatari kuko azi kuririmba, afite ijwi ryiza mbese afite inganzo nta gushidikanya.”

Undi munyarwanda uba mugihugu cya Afurika y’epfo twaganiriye, yatubwiye ko indirimbo zikunzwe cyane iwabo ari iza Kitoko, Acha Blague ya Lil G n’abandi.
zimwe mu ngendo Kitoko amaze gukora hanze y’u Rwanda muri uyu mwaka harimo muri Kenya yagiye mu kwezi kwa mbere, Dubai mu kwezi kwa gatatu, i Burundi mu kwezi kwa gatanu, Senegal mumpera z’ukwezi kwa gatanu, Ububiligi muri uku kwezi kwa nyakanga n’ahandi.

 

 


 

 


 



About the Author

admin





 
 

 
01

Kamichi ahamya ko Guma Guma ari ikintu gikomeye kuko iha abantu benshi akazi

Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi, arahamya ko amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ari ikintu gikomeye kuko aha abantu benshi akazi ndetse akanaha abahanzi amafranga menshi no kurushaho kume...
by admin
0

 
 
Senderi Steals How In Rusizi

Senderi Steals Show In Rusizi

They went fully armed and firing on all cylinders to draw as much support as they could from their fans. Yes, the first road show of Primus Guma Guma Super Star finally kicked off in Rusizi, Western Province where all eleven co...
by admin
1

 
 
RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

Meddy has denied reports of any row between him and Magic FM radio presenter Tidjara Kabendera, after the latter publicly condemned him of being inept in music. Tidjara had taken to social website Facebook to accuse Meddy of be...
by admin
0

 

 
Deejay Adams sparks row over bribery claims at Primus Guma Guma Super Star

Deejay Adams sparks row over bribery claims at Primus Guma Guma Super Star

Deejay Adams has reignited the fire that was slowly dying over claims of bribery at Primus Guma Guma Super Star. The volatile deejay-radio presenter has always asserted that certain musicians use their financial might to squeez...
by admin
0

 
 
KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

KARONGI: Mu mujyi wa Kibuye hagiye gufungurwa urubyiniro rushya

Icyuma gitanga ubukonje mu nzu cyamaze gushyirwa hejuru y’aho iyo boite izakorera Mu minsi mike mu mujyi wa Kibuye haraza kuba huzuye inzu y’urubyiniro (boite de nuit cyangwa dancing club) mu ndimi z’amahanga. Iyo boite i...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus