Nk’uko imaze iminsi itegerejwe cyane, alubumu Ishyamba ya Urban Boys (Urban Boys isigaye initwa The Super Level) igiye kumurikirwa abanyarwanda.
Ubusanzwe mbere hose hari hateganyijwe ko iyi alubumu izamurikwa ku itariki 9 werurwe 2012 ariko biza kubuzwa n’uko banze kugongana na Miss Jojo wari waratangaje ko azamurika alubumu ye Woman nawe kuri uwo munsi. Ababikurikiranira hafi ariko bemeza ko hari n’umwe mu bahanzi Urban Boys yateganyaga kuzana ariko kuri iyi tariki akaba atari buboneke bityo bituma bigiza inyuma itariki.
Nyuma yo guhindura bakareka itariki ya 9, batangaje ko bazamurika alubumu yabo ku itariki ya 24 werurwe 2012 ariko ko bafite impungenge zo kugongana na Primus Guma Gma Super Star Season 2 muri gahunda zayo ariko Mushyoma Joseph, umuyobozi wa East African Promotors (EAP) atangaza ko batakagombye kugira impungenge kuko PGGSS Season 2 itaje kubahambira.
Yatangaje ko bitakagombye kuabuza gahunda zabo ati ndetse n’iyo baza mu 10 bazatorwa ku munsi w’ejo tariki ya 17.3.2012 bitababuza kumurika alubumu yabo nyuma y’icyumweru.
Nyuma y’iri hindagurika rero, noneho hemejwe ko bazamurika alubumu yabo ku itariki 30.3.2012 bakaba bazayimurikira I Butare muri Auditorium ya Kaminuza aho kwinjira bizaba ari amafaranga y’u Rwanda 1000 na 2000 mu myanya y’icyubahiro (VIP), ibirori bikazatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Abahanzi hafi ya bose b’abanyarwanda bazaba bahari bagiye kwifatanya nabo: King James, Tom Close, Kamichi, Uncle Austin, Knowless, Allioni, Danny, Young Grace, Riderman, Jay Polly n’abandi.





