News

May 8, 2012

Rwanda | Twasanze abanyarusizi indirimbo zacu hafi ya zose bazizi-TMC

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , , ,

Rwanda | Twasanze abanyarusiziUmuhanzi TMC ubarizwa mu itsinda Dream Boys aho ari na mugenzi we Platini, bakaba nabo itsinda ryabo riri mu bahanzi 10 bari muri Primus Guma Guma Super Star 2, yadutangarije ko igitaramo bakoreye i Rusizi ku munsi w’ejo kuwa gatandatu tariki ya 5.5.2012 cyagenze neza cyane kikaba cyaranitabiriwe cyane kurusha icy’ubushize bagiyemo I Rusizi kandi ko batangajwe no gusanga indirimbo zabo hafi ya zose I Rusizi bazizi.

Mu kiganiro twagiranye kuri uyu mugoroba tariki ya 6.5.2012 ku isaha ya saa mbiri na 57 (20h57) ubwo bari bamaze hafi ngo amasaha abiri gusa bageze I Kigali bavuye I Rusizi,  yatubwiye ko muri rusange igitaramo cyagenze neza usibye nyine ikibazo cy’umuriro cyahabaye mugihe igitaramo cyari gitangiye bikaba ngo byarateye abafana gusa n’abarambirwa ndetse n’abahanzi ubwabo bikaba byarabateye ikibazo, ariko ngo nyuma y’iminota nka 45 ikibazo baragikemuye ni uko igitaramo gitangira nyuma y’igihe cyari cyateganyijwe.

TMC yagize ati: “Igitaramo cyagombaga gutangira 16h00 ni uko umuriro uhita ubura tumara hafi iminota 45 dutegereje, nawe urabyumva ko abafana bari batangiye kurambirwa ndetse natwe abahanzi. Gusa nyuma ikibazo cyarakemutse igitaramo kiratangira. Cyatangiye  17h10 kirangira 19h15”. Nk’uko TMC yabitubwiye, igitaramo cyatangiye saa kumi n’imwe z’umugoroba zirenzeho iminota 10 kirangira saa moya z’umugoroba zirenzeho iminota 15.

Twifuje kumenya uko Dream Boys nk’abahanzi bari muri PGGSS y’ubushize uko babonye iki gitaramo bagreranyije n’icy’ubushize hariya I Rusizi. TMC yatubwiye ko kuruhande rwa Dream Boys babonye igitaramo cyagenze neza cyane usibye nyine ikibazo cy’umuriro cyabaye. Yagize ati: “Usibye nyine kiriya kibazo cy’umuriro naho ubundi igitaramo cyagenze neza cyane kuko by’umwihariko kuri twe nka Dream Boys twasanze abanyarusizi indirimbo zacu hafi ya zose bazizi kuburyo twaziririmbaga nabo bari kuririmba. Byatweretseko badukunda cyane kandi banakurikirana muzika dukora. Ikindi ni  uko sound nayo yari nziza cyane kandi abafana nabo bari benshi cyane kuburyo bendaga kwikuba kabiri kubari bahari ubushize.”

Nk’uko yakomeje abitubwira ngo I Rusizi igitaramo cyahabereye cyagenze neza cyanekurusha icyahabereye mbere kuko ngo na sound (amajwi) yari imeze neza cyane mugih iy’ubushize atariko byari bimeze.

Nyuma y’iki gitaramo cyabereye I Rusizi hazakurikiraho kujya I Rubengera mukarere ka Karongi kuwagatandatu utaha tariki ya 12.5.2012 naho ku itariki ya 13.5.2012 berekeze I Muhanga mukarere ka Muhanga.Izindi gahunda zijyanye n’aya marushanwa ndetse n’ibi bitaramo hirya no hino mu Ntara tuzajya tubibagezaho buhoro buhoro.


 

 



About the Author

admin





 
 

 
Kamichi blasts Knowless

Kamichi blasts Knowless

Afro beat singer Kamichi has finally broken the silence since his controversial dismissal on stage with Butera Knowless in Rusizi during the first road show of Primus Guma Guma Super Star. The star, who was hugely humiliated at...
by admin
0

 
 
“Ntabwo nahagaritse umuziki burundu kuko ndirimba mumakwe”- Tete Roca

“Ntabwo nahagaritse umuziki burundu kuko ndirimba mumakwe”- Tete Roca

Nyuma y’igihe kinini Tete Roca atigaragaza mu muziki ndetse akaba yari yaranatangaje ko yahagaritse muzika, kuri ubu ngo asigaye aririmba mu makwe, bityo ngo ntiyahagaritse umuziki burundu. Mu kiganiro gito twagiranye n’uyu...
by admin
0

 
 
Why Kina Music is set for dominance in music production for a while

Why Kina Music is set for dominance in music production for a while

That Kina music and The Super Level are the two best music studios right now is not a disputable fact. Rather it has come down to who is the better between the two. Arguably, the two music houses have set the standards so high ...
by admin
0

 

 
Muyoboke would welcome chance to work with Urban Boyz again

Muyoboke would welcome chance to work with Urban Boyz again

Former Urban Boyz manager Muyoboke Alex, has indicated he would very much welcome a second chance to work with the crew, further fuelling speculations that the two parties might be heading for a sensational reunion. Muyoboke, w...
by admin
0

 
 
Awards will recognize local rappers

Awards will recognize local rappers – Jay Polly

Rapper Jay Polly has defended his new invented hip hop awards as the ones which will bring a revolution in Rwandan hip hop genre. Speaking to The New Times, the rebel rapper said that his move is purely intended to reward the h...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus