Artists

May 3, 2012

Rwanda : U Rwanda rufite abahanzi babizi ariko bataramenyekana

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , , ,


Mu minsi yashize hari abahanzi bamwe na bamwe bikomye bamwe mu banyamakuru bavuga ko bamamaza (ibyo bita promotion) ku bahanzi bamwe gusa bigendeye ku kimenyane, ariko abanyamakuru nabo bakavuga ko hari abahanzi bategera itangazamakuru ngo bamenyekane kandi bafite ibihangano byafasha abantu.

Rwanda Karire Murekatete honnette

Karire Murekatete honnette (mumporeze)

Kimwe n’ahandi, mu karere ka Ngororero naho hari abahanzi bataramenyekana ariko wareba ibikorwa byabo ugasanga bifatika. Umwe mu bo twaganiriye witwa KARIRE MUREKATETE Honnette, bita MUMPOREZE kubera indirimbo ze zihumuriza abarushye yagiye ahimba.

Uyu mukobwa w’imyaka 19, avuka mu karere ka Karongi ariko ubu yiga mu mwaka wa kane w’amashuli yisumbuye mu ishami ry’icungamutungo mu rwunge rw’amashuli rwa IBUKA rwo mu murenge wa Kabaya (Groupe Scolaire IBUKA /Kabaya).

MUMPOREZE ubu afite indirimbo 52 zose yahimbye akanaziririmba, harimo n’izamajwi n’amashusho. Akomeza avuga ko yatangiye kwiyumvamo inganzo afite imyaka 12 ari nabwo yakoze indirimboye ya mbere. Uyu muhanzikazi akora indirimbo zirebana n’amatora, ubukwe, icyunamo ndetse n’indirimbo zijyanye n’umuco nyarwanda dore ko ari n’umusizi akamenya no kuvugira inka.

Uretse abantu b’incutize z’abanya Canada bamukunze ubwo yaririmbaga indirimbo ye ya mbere maze bakajya bamufasha mu gihe cy’imyaka 3 kuva yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuli abanza, MUMPOREZE ntahandi hantu yigeze akura inkunga. Gusa ngo kuko hari abantu bake batangiye kumumenya hari ubwo bamusaba kubakorera indirimbo maze bakamufasha kubona ibikoresho ariko akabikora ntakindi gihembo bamuhaye.

Tumubajije niba abona umwanya wo gukora indirimbo ze kandi yiga, MUMPOREZE yatubwiye ko guhimba injyana no kwandika bitamugora cyane kuko ngo hagati y’iminota 20 na 25 aba yarangije gukora indirimbo y’iminota 4, naho ngo iyo yabonye umunsi wose ashobora gukora hagati y’indirimbo 6 n’8, naho ngo studio akunda cyane ni iyitwa SAMBA yo muri Rubavu.

Twashatse kumenya igihe MUMPOREZE yumva azamenyekanira mw’itangazamakuru no ku rwego rw’igihugu kuko amaze kugira ibihangano byinshi, maze arasubiza ati “Ni wowe munyamakuru wa mbere unganirije kandi hari benshi twagiye duhurira mu bikorwa bitandukanye, ariko siniteguye kwiyamamaza. Gusa hari indirimbo ikomeye ndi gukora ku mateka y’u Rwanda muri rusange, nzayikorana ubwenge kuburyo izakundwa niyo izanyereka icyo itangazamakuru rizakora”.

Abazi uyu mukobwa harimo n’abayobozi b’ishuli yigamo bamubona mo impano yo kwitanga, kubaha no kudapfusha ubusa igihe afite ndetse ubwo twamusuraga twasanze arimo kwigisha bagenzibe bigana kubyina bya Kinyarwanda arinako abafata amashusho (video) yo kuzakoresha mu ndirimbo arimo gukorera umurenge wa Kabaya.


 



About the Author

admin





 
 

 
Awards will recognize local rappers

Awards will recognize local rappers – Jay Polly

Rapper Jay Polly has defended his new invented hip hop awards as the ones which will bring a revolution in Rwandan hip hop genre. Speaking to The New Times, the rebel rapper said that his move is purely intended to reward the h...
by admin
0

 
 
 

A great mentor in Producer Nicolas-Artist Nani

Rwandan artist Prince Nani appreciated help given to him in his music career by Producer Nicolas Nic which has helped him develop a lot in the music industry. This artist who takes his recordings to Rafiki Records said that Pro...
by admin
0

 
 
04

Tidjara bites back

Magic FM radio presenter has reacted to the news that she insulted Rwandan musician Meddy with a clear-cut message that “some journalists should go back to school”. Tidjara was fielding in questions from the media when the ...
by admin
0

 

 
01

Bold predictions in Primus Guma Guma Super Star

Things can’t get interesting for the spectators and fans of music in general. From publicly campaigning for votes to promises made, all the eleven contestants in this year’s edition of Primus Guma Guma Super Star have stepp...
by admin
0

 
 
01

Kamichi ahamya ko Guma Guma ari ikintu gikomeye kuko iha abantu benshi akazi

Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi, arahamya ko amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ari ikintu gikomeye kuko aha abantu benshi akazi ndetse akanaha abahanzi amafranga menshi no kurushaho kume...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus