Umuhanzi Meddy nyuma y’igihe kinini atumvikana kuva yagera muri Amerika, noneho yakoze indirimbo nshya yise Ni Njyewe.
Ku itariki 11/2/2012,umuhanzi Meddy ku rubuga rwe rwa Facebook yagize ati: “Umunsi umwe niwicara ugakumbura ntuzashidikanye kuko ndacyahari…Enjoy my new song “Ni Jyewe”…to My Inkoramutimas Forever…May God bless you all”
Aya akaba ari amwe mu magambo agaragara mu ndirimbo Ni Jyewe ya Meddy aho agira ati “Nahemutse nkukunda uhita ushaka undi, wibagirwa vuba,…niwumva icyo umutima wawe ukubwira, uzumva neza ko hari ugukunda, Ni Jyewe ni Njyewe…Umunsi umwe niwicara ugakumbura ntuzashidikanye kuko ndacyahari…”
Nyuma y’aya magambo agaragara mu ndirimbo ye, Meddy yashyizeho iyo ndirimbo ye nshya yakoranye na producer Lick Lick aho agereye muri USA.
Twagerageje kuvugana nawe ntibyadukundira ariko amakuru dukesha inyarwanda Ltd, Meddy yasobanuye inkomoko y’iyi ndirimbo ye NI NJYEWE “Ubundi iyi ndirimbo nayikoze kubera gukumbura cyane n’ubuzima bushya butandukanye nanyuzemo nkigera hano muri Amerika.”
N’ubwo yari amaze igihe kirekire asa n’uwazimye muri muzika, Meddy aratangariza abakunzi be ko agiye kwigaragaza birenze akora indirimbo nyinshi kandi zifite n’amashusho yazo.
Meddy ati: “Abafana banjye banyitegure ubu nagarutse. Ngiye kubagezaho indirimbo nyinshi muri iyi minsi ndetse n’amashusho yazo.”
Meddy yabajijwe icyo yumva akumbuye cyane mu Rwanda, Meddy ntiyazuyaje ahita agira ati: “Singiye kukubeshya nkumbuye umugati wo mu Rwanda. Mu mujyi wa Kigali ho, nkumbuye kuri UTC kuko niho nahuriraga n’abantu benshi. Nkumbuye abafana banjye ba kera, umuryango wanjye ndetse n’inshuti zanjye zose.”
Iyi ndirimbo ya mbere Meddy akoreye muri Amerika, ikaba yarakozwe na Lick Lick muri studio nshya agiye kujya akoreramo muri Amerika. Ariko Meddy yirinze gutangaza izina ryayo, gusa arahamya ko ari studio izaba ifite ingufu cyane mu minsi iri imbere.
Uyu muhanzi yakomeje avuga ko n’ubwo yabanje kugorwa no kumenyera ubuzima bwo muri Amerika, kuri ubu amaze kuhamenyera ndetse n’imikorere ye igiye guhinduka. Kuko iyi ni intangiriro dore ko mu minsi iri imbere yitegura gushyira ahagaragara album ye yambere ageze muri Amerika.




