
Umuryango wa Henry Hirwa ndetse n’itsinda rya KGB yaririmbagamo barashimira abifatanyije nabo mu byago bagize byo kubura Henry Hirwa.
Gaston Rurangwa uzwi ku izina rya Skizzy, umwe mubagize itsinda KGB akaba ari nawe watugejejeho ubu butumwa, yagize ati: “ Mbanje kubasuhuza mbifuriza amahoro y’Imana. Mu izina rya KGB n’umuryango wa Nyakwigendera HIRWA Henry, tubashimiye ku nkunga mwaduhaye yo kutuba hafi mu byago byatugwirirye ubwo HIRWA Henry yitabaga Imana. Mwarakoze kuhaba nabatarabonetse nta kibazo kuko natwe turabiziko iyi si tuyibamo dushugurika”.
Yakomeje agira ati: “Mudushimirire abanyarwanda bose muri rusange muti mwarakoze kudutabara, amasengesho no kudufata mu mugongo. Mbashimire mwese mbikuye ku mutima, kandi munsabire imbabazi ababa baragiye bampamagara bakitabwa n’undi muntu or bakabakupa kuko fone hari igihe ntabaga nyifite. Jah protect u ol”.
Imana ikomeze kwihanganisha umuryango n’inshuti za Nyakwigendera Henry Hirwa.