Artists

August 8, 2012

Rwanda : Uretse kuririmba, Platini ikintu cya mbere akunda gukora iyo ari murugo ni ukuba afite imashini ye (machine laptop)

Uretse kuririmba, Platini ikintu

Umuhanzi Platini ubwo twamubazaga ikintu akunda gukora iyo atari mubijyanye n’umuziki yadusubije ko ikintu cya mbere akunda ari laptop ye. Ngo iyo ari mu rugo ntakindi kintu kimushimisha kinamutwara umwanya uretse kuba afite machine ye.

Mu byo akunze gukora kuri machine ye harimo kureberaho filime ziba zirimo yarabitsemo, kwandikiraho ibintu bitandukanye dore ko muri iyi minsi ishize yari ari kwandika igitabo (memoire) n’ibindi. Platini yagize ati: “Ubundi iyo ndi mu rugo akenshi mba mfite machine yanjye, Mba ndiho nyikoraho utuntu dutandukanye. Nshobora kureba film, nshobora gu traita amadonner, nandika ibintu bitandukanye, nari maze iminsi noneho no muri mémoire, mémoire yari yarantwaye. Iyo ndi mu rugo umwanya munini nywumara kuri machine iyo ntari kuri machine buriya mba nicaye  ndi kwiyumvira radiyo.”

tariki ya 31.8.2012 ubwo twari twabasuye aho bamaze ukwezi bimukiye mu karere ka Kicukiro mumurenge wa Kagarama, twakomeje ikiganiro tumubaza kubijyanye n’ibyo kurya akunda cyane kurusha ibindi maze adusubiza agira ati: “ Ibyo kurya byo ibyo bantekeye byose ndakubita. Kugeza ubu sindamenya ibyo mprefera kabisa, Icyo ntaheruka nicyo nshaka. Iby’ibiryo byo sindabyigaho, kuva cyera nkiri umwana bamenyereje kurya ibintu bitandukanye gusa nkagira amatsiko cyane y’icyo ntararya.”

Platini n’ubwo akunda kuririmba we na mugenzi we TMC, burya ngo yikundira cyane kureba filime. Ubwoko bwa filime akunda kureba cyane ngo ni Espion ndetse n’iz’urukundo. Yanaboneyeho kutubwira ko bakinnye muri filime Iyo menya igice cyayo cya kabiri. Twamubajije ibyo bakinnyemo (role) niba atari ibyo kurwana maze Platini adusubiza agira ati: “ Role twakinnye si action kuko ntitwigeze twiga karate nta n’ubwo action ziri mu mafilm yanjye préferés nkunda kureba. Njye burya nkunda kureba film ya espion (imitego iri politique), na film romantique kuko turakunda burya.”

Ngo barakunda burya. Gusa yatweruriye ko kumuhanzi burya gukunda bigoye kuko aba akundwa n’abantu benshi bityo bikamugora kumenya umukunda koko by’ukuri.

Muri filime “Iyo menya 2” ngo ntibakinnyemo igice kinini cyane kuko ngo bagaragaramo rimwe gusa.  Bakina ari inshuti z’umukinnyi w’imena (acteur principale). Twifuje kumenya impamvu batagaragaramo cyane maze Platini adusubiza agira ati: “ Ntabwo twakinnyemo role ikomeye cyane kubera ko batwitabaje mu rwego rwa marketing. Filime yitwa iyo menya igice cyayo cya kabiri. Twebwe tuba turi abashuti bumu acteur principale. Dufitemo scene imwe ifite iminota itari mike.”

Platini kandi asanga uruhando rwa filime nyarwanda rurushijeho kwifashisha abahanzi byatuma filime nyarwanda zirushaho gutera imbere. Gusa nanone bikaba byanafasha abahanzi kubona n’akantu binjiza. Twamubajije uko abona muzika na filime n’uburyo byakuzuzanya bigatera imbere byose, maze Platini mumagambo ye agira ati: “ Byakabaye byiza bizamukiye rimwe kuko hari icyo byakongera muri popularité y’umuhanzi usibye n’ibyo byaba byiza bigiye bigira n’akantu byinjiza….”

Ngo n’ubwo bamaze kugaragara muri filime “Iyo menya 2”, ngo ntibaricara ngo babitekerezeho cyane niba bazakomeza gukina filime gusa ngo hagize uwabiyambaza ntibazuyaza gukina. Platini kandi ngo iyi ni filime ya kabiri akinnyemo nyuma ya filime yakinnye akiri I Butare yitwa “Stars in Love” bishatse kuvuga ugenekereje ngo abastars murukundo.

N’ubwo Dream Boys ari itsinda rigizwe n’abantu babiri buri gihe tukaba tubabona bari hamwe, icyo gihe ubwo twabasuraga Platini yari wenyine murugo hamwe n’umukozi naho TMC we yari yatembereye. Ubutaha tuzabagezaho ibyo TMC akunda gukora iyo atari mubijyanye na muzika.

 

 


 

 



About the Author

admin





 
 

 
04

Tidjara bites back

Magic FM radio presenter has reacted to the news that she insulted Rwandan musician Meddy with a clear-cut message that “some journalists should go back to school”. Tidjara was fielding in questions from the media when the ...
by admin
0

 
 
01

Bold predictions in Primus Guma Guma Super Star

Things can’t get interesting for the spectators and fans of music in general. From publicly campaigning for votes to promises made, all the eleven contestants in this year’s edition of Primus Guma Guma Super Star have stepp...
by admin
0

 
 
01

Kamichi ahamya ko Guma Guma ari ikintu gikomeye kuko iha abantu benshi akazi

Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi, arahamya ko amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ari ikintu gikomeye kuko aha abantu benshi akazi ndetse akanaha abahanzi amafranga menshi no kurushaho kume...
by admin
0

 

 
Senderi Steals How In Rusizi

Senderi Steals Show In Rusizi

They went fully armed and firing on all cylinders to draw as much support as they could from their fans. Yes, the first road show of Primus Guma Guma Super Star finally kicked off in Rusizi, Western Province where all eleven co...
by admin
1

 
 
RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

Meddy has denied reports of any row between him and Magic FM radio presenter Tidjara Kabendera, after the latter publicly condemned him of being inept in music. Tidjara had taken to social website Facebook to accuse Meddy of be...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus