News

February 12, 2012

Umuhanzi Naason na Jozy binjijwe muri PGGSS season 2 basimbuye Mani Martin na Miss Jojo.

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , ,

Umuhanzi Naason na


Mu gihe hibazwaga niba Primus Guma Guma Super Star season 2 izitabirwa n’abahanzi batujuje umubare wateganyijwe nyuma y’uko hari bamwe batangaje ko batazayitabira, Umuhanzi Naason na Jozy binjijwe muri PGGSS season 2 kugira ngo umubare wateganyijwe wuzure.

 

Nyuma y’aho Miss Jojo yatangarije ko atazitabira PGGSS season 2 kubera imyemerere ye, abategura PGGSS season 2 bahamagaye Miss Channel kuko mu bakobwa ariwe wari wakurikiye Miss Jojo mu majwi, bamusaba kumusimbura nyamara Miss Channel arabihakana niko guhamagara umuhanzi w’umukobwa wari ukurikiye Miss Channel ariwe Jozy, bityo umwanya wa Miss Jojo ukaba urimo Jozy umuhanzi ukiri mushya cyane kandi akaba nta ndirimbo nyinshi afite n’ubwo ari kwigaragaza cyane muri muzika kubera ibikorwa bye.

 

K’uwari umwanya wa Mani Martin nawe wanze kwitabira aya marushanwa ya PGGSS season 2 nyuma yo gusoma amasezerano (contrat) abahanzi bayitabiriye basinya ubu hari umukurikiye mu majwi ariwe naason.

Twabibutsa ko abahanzi 20 bazatorwamo 10 bazahatana ari Kamichi, Kitoko, Uncle Austin, Rafiki, Riderman, Jay Polly, Bull Dog, Danny Nanone, King James, Emmy, Nyamitali, Knowless, Paccy, Young Grace, Dream Boys, Just Family, Urban Boys, The Brothers, Jozy na Naason.

ibihembo Aba bahanzi bazahembwa birashimishije cyane,kuko kuva mu ntangiriro umuhanzi wese uzatorwa muri 10 bazahatana azahita ahabwa amafaranga 500.000 y’u Rwanda ndetse buri kwezi mugihe gihwanye n’amezi ane yose bazamara biyamamaza akazajya ahembwa 1000.000 buri kwezi.


 

 



About the Author

admin





 
 

 
Ndashimira cyane Producer Nicolas Nic udahwema kumfasha muri muzika yanjye

‘‘Ndashimira cyane Producer Nicolas Nic udahwema kumfasha muri muzika yanjye’’

Umuhanzi Prince Nani usigaye akorera muzika ye muri Rafiki Records aho akorerwa na Producer Nicolas Nic nyuma yo gukorana n’abantu batandukanye, arashimira Producer Nicolas Nic uruhare agira mu iterambere rya muzika ye. Princ...
by admin
0

 
 
Urubyiruko mu itorero rya Nazarene rwateguye igitaramo bise “Ikibatsi Live Concert”

Urubyiruko mu itorero rya Nazarene rwateguye igitaramo bise “Ikibatsi Live Concert”

Iki gitaramo cyiswe “Ikibatsi Live Concert” cyateguwe n’urubyiruko rwibumbiye mu muryango Nayoumi (Nazarenne Youth Ministries) rwo mu itorero Nazarene I RUbavu. Iki gitaramo cyateguwe mu rwego rwo gushima Imana kizaba tar...
by admin
0

 
 
Uncle Austin arahakana amakuru amuvugwaho ko yavuze ko anenga amarushanwa ya muzika ya hano mu Rwanda

Uncle Austin arahakana amakuru amuvugwaho ko yavuze ko anenga amarushanwa ya muzika ya hano mu Rwanda

Umuhanzi Uncle Austin uzwi cyane mu njyana  ya Afrobeat arahakana amakuru amaze iminsi amuvugwaho ko yaba anenga amarushanwa yose ya muzika abera hano mu Rwanda. Ibi bibaye nyuma y’uko mu bitangazamakuru binyuranye hano mu R...
by admin
0

 

 
m_Bamwe mu banyamakuru nabo bemeza ko kuba Jay Polly ataragaragaye mu bahanzi 11 ba PGGSS 3 yarenganye

Bamwe mu banyamakuru nabo bemeza ko kuba Jay Polly ataragaragaye mu bahanzi 11 ba PGGSS 3 yarenganye

Ubwo hatangazwaga abahanzi 11 bazahatanira Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yayo ya gatatu umuhanzi Jay Polly ntagaragaremo, byakomeje kwibazwaho n’abantu banyuranye bakurikiranira hafi muzika Nyarwanda. Abafana ba Jay P...
by admin
0

 
 
m_SENDERI SURE OF SCOOPING PGGSS

SENDERI SURE OF SCOOPING PGGSS

Senderi International Hits has come out to claim he will for sure claim the top spot of Primus Guma Guma Super Star, come July when the final winner will be announced. The afro beat singer expressed his confidence in the public...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus