Artists

February 9, 2012

Umuhanzi Uncle Austin yatangiye kumvikanira kuri Radiyo nshya ya KFM

More articles by »
Written by: admin
Tags: , , , ,

Umuhanzi Uncle Austin yatangiye

Umuhanzi Austin nyuma y’imyaka igera kuri ine akorera Radiyo 10 kuri ubu yahavuye ajya gukora kuri radiyo nshya yitwa FKM ivugira k’umurongo wa 98.7 fm aho yatangiye gukora kuva  tariki ya 7/2/2012 akaba yarasinye amasezerano y’imyaka 65.

Ibi bibaye nyuma y’igihe gito Uncle Austin k’urubuga rwe rwa facebook abaza abakunzi be agira ati: “Ese Uncle Austin avuye kuri R10 wabyakira ute?” ibi bikaba byarasaga n’ibibateguriza ibyenda kuba kuko nyuma y’igihe gito nibwo yongeye kwandika yongera kubibabaza ariko biherekejwe n’indi nyandiko ihamya ko yahavuye.

Yageze aho anabatangariza ko yimukiye kuri Radiyo KFM aho yatangiye gutanga ikiganiro ku itariki 7/2/2012 kuva ku isaha ya saa kumi kugera saa mbiri z’umugoroba. Ikiganiro yatanze akaba ari nacyo azakomeza gutanga ni ikiganiro cyitwa “Rush Hour”.

Umuhanzi Austin nk’uko yabidutangarije ku itariki ya 7/2/2012, yagize ati: “Radiyo 10 ntacyo mfa nayo, n’abahakora ntacyo dupfa nanahagiriye ibihe byiza, ariko imyaka ine mpakora irahagije k’uburyo guhindura numva ntakibazo. Ikindi kandi kuri KFM barampema amafaranga menshi. Mfite na contrat y’igihe kirekire cyane.”

Twabibutsa ko Uncle Austin ari umwe mu bahatanira Salax Awards ndetse na PGGSS season 2, akaba akomeje ibikorwa bye aho vuba aha yashyize ahagaragara indirimbo Wantwaye Umutima yakoranye n’umuraperi K8 w’umunyaranda usigaye ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aho yagiye kwiga mu ishuri ryitwa American River College akaba ari kwiga Business Administration and Management.


 



About the Author

admin





 
 

 
Senderi Steals How In Rusizi

Senderi Steals Show In Rusizi

They went fully armed and firing on all cylinders to draw as much support as they could from their fans. Yes, the first road show of Primus Guma Guma Super Star finally kicked off in Rusizi, Western Province where all eleven co...
by admin
1

 
 
RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

RnB star Meddy plays down rift with radio presenter

Meddy has denied reports of any row between him and Magic FM radio presenter Tidjara Kabendera, after the latter publicly condemned him of being inept in music. Tidjara had taken to social website Facebook to accuse Meddy of be...
by admin
0

 
 
Deejay Adams sparks row over bribery claims at Primus Guma Guma Super Star

Deejay Adams sparks row over bribery claims at Primus Guma Guma Super Star

Deejay Adams has reignited the fire that was slowly dying over claims of bribery at Primus Guma Guma Super Star. The volatile deejay-radio presenter has always asserted that certain musicians use their financial might to squeez...
by admin
0

 

 
Producer Junior shifts to Unlimited Records

Producer Junior shifts to Unlimited Records

Producer Junior has confirmed the news that he has now shifted to Unlimited Records, having spent a considerable amount of time at The Super Level. The troubled music producer has, however, reiterated that he does not have a pe...
by admin
0

 
 
Pacson threatens to sue local website

Pacson threatens to sue local website

  Rapper Pacson has said he is weighing his options as to whether to sue a local celebrity website, which ran a story that he had been barred from ever stepping near the vicinity of Union Trade Centre complex in Kigali cit...
by admin
0

 




0 Comments


Be the first to comment!


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You may use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>


 

Provided by water damage columbus