Umuririmbyi Niyibikora Safi uzwi cyane ku izina rya Safi akaba abarizwa muri rimwe mu matsinda aririmba hano mu Rwanda ryitwa Urban Boyz arahakana amakuru ari kugaragaraga ku rubuga rwa internet ruhurirwaho n’abantu baganira rwitwa facebook, avuga ko uwo muririmbyi yaba agiye gushinga urugo.
Mu ma saa munani z’amanywa zo ku itariki ya 04 Mutarama 2012 hari hashize amasaha 16 kuri aderesi y’uwitwa ibivugwa Gisenyi kuri facebook yanditse avuga ko Safi yaba agiye gushinga urugo.
Ibivugwa Gisenyi akaba yibazaga niba Safi agiye gushinga urugo n’umukunzi we Ingabire Jeanne Butera uzwi ku izina rya Knowless. Uyu na we akaba ari umwe mu bakobwa bari kwigaragaza muri muzika nyarwanda muri iki gihe.
Umuririmbyi Safi Niyibikora mu guhakana aya makuru yo kuba agiye gushinga urugo akaba agira ati: “Mu by’ukuri sinzi aho ayo makuru arimo kuva. Njyewe singiye gushinga urugo nta n’ubwo mbiteganya vuba aha, ababivuga ni ibyo bihimbiye, ibyo ni ibihuha.”
Binyuze mu bitangazamakuru ahajya kwegera impera z’umwaka wa 2011 hanavuzwe ko Safi yaba yaratandukanye n’umukunzi we Knowless. Ibi nabyo Safi yarabihakanye avuga ko gutandukana kwabo kudashoboka. Nyuma y’aya makuru yavugaga ko Safi yaba yaratandukanye na Knowless, Safi yakomeje kugaragara ahantu hatandukanye ari kumwe n’umukunzi we Knowless.






I WISH THAT THEY THEY F.B